Ibi byatangajwe binyuze mu itangazo ryashyizwe hanze aho ubuyobozi bwa Tour du Rwanda bwavuze ko aba bantu babiri bazize impanuka yabereye i Gabiro mu Karere ka Gatsibo aho imodoka iri mu zigenda imbere yarenze umuhanda ikagonga abantu aho mu bagonzwe babiri bitabye Imana naho abandi batandatu bagakomereka.
Minisitiri wa Siporo Nellly Mukazayire abinyujije ku rubuga rwa X yihanganishije imiryango y’ababuze ababo muri iyi mpanuka anifuriza gukira abakomeretse, gusa anibutsa abantu ko bagomba kwitwararika no kuba maso buri gihe.
This is a very sad moment for Tour du Rwanda.
Our thoughts and prayers are with the families of the victims and we wish quick recovery to the injured.
This accident reminds us of the importance of road safety and always remain vigilant whether driving or cheering on the riders… https://t.co/DZyGtRZZ2j— Nelly Mukazayire (@nmukazayire) February 22, 2026
Aka gace ka mbere kahagurukiye mu Rukomo mu karere ka Gicumbi katwawe n’Umunya-Israel Itamar wakoresheje amasaha ane n’amasegonda atanu n’ibyijana biri.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
|
narindi ryabega ark ziriyamodoka uburyo zagendaga zizamara abantu