Amakipe ari muri shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yakoze imyitozo (Amafoto)

Kuri uyu wa Gatatu, abakinnyi bitabiriye shampiyona y’Isi 2025 igeze ku munsi wa Kane ibera i Kigali bakoze imyitozo y’isiganwa ryo mu kivunge yitegura icyiciro cyo gusiganwa n’igihe.

Ni imyitozo yakorewe mu nzira ya KCC-RDB ku Gishushu -MTN Nyarutarama - Mu kabuga ka Nyarutarama -Kuzenguruka kuri Golf -Kuri SOS - MINAGRI -KABC - RIB Kimihurura -Mediheal - Kwa Mignone -Ku Kabindi - KCC.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu, hakina icyiciro cyo gusiganwa n’isaha ariko ku makipe y’ibihugu yitabiriye, aho u Rwanda ruraba ruhagarariwe n’abakinnyi batandatu aribo Byukusenge Patrick, Nkundabera Eric, Uwiduhaye Mike, Ingabire Diane, Nirere Xaverine ndetse na Nyirarukundo Claudette.

Amafoto: Niyonzima Moise

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka