Umudage Moritz Kretschy yegukanye Tour du Rwanda 2026 (Amafoto)
Umudage Moritz Kretschy w’imyaka 24 y’amavuko ukinira ikipe ya NSN(Never Say Never) Development Team yegukanye Tour du Rwanda 2026 yasojwe kuri iki Cyumweru hasozwa ibilometero 997 na metero 800 byakinwe mu duce umunani twazengurutse igihugu kuva tariki 22 Gashyantare 2026.
Ibi uyu musore yabigezeho nyuma yo kumara iminsi ine yambaye umwambaro w’umuhondo nk’uyoboye urutonde rusange yambariye mu Karere ka Rubavu hasorezwa Agace ka Kane yasoje ari uwa kabiri, umwambaro yaninjiranye mu Gace ka nyuma kazengurutse Kigali kuri iki Cyumweru.Moritz yinjiye ku munsi wa nyuma, ku rutonde rusange arusha Umudage mwene wabo Johannes Adamietz w’Ikipe ya Rembe | Rad-net iminota ibiri n’amasegonda umunani.
Iki gihe yari afitemo cyamuhaga umutekano ndetse n’icyizere cyo kwegukana Tour du Rwanda 2026 ku munsi wa nyuma aho ari nako byagenze kuko nubwo yabaye uwa 37 mu Gace ka Munani kanganaga n’ibilometero 83 na metero 800 arushijwe amasegonda atatu yonyine n’uwa mbere, ariko yegukanye iri siganwa muri rusange akoresheje amasaha 23, iminota umunani n’amasegonda 48 mu gusiganwa ibilometero 997 na metero 800 byari bigize iri siganwa uyu mwaka.
Eritrea, yahagarariye Afurika yigaragaje ku munsi wa nyuma.....
Uretse kuba itarahiriye Abanyarwanda bamaze imyaka itanu badatwara na gace muri Tour du Rwanda, iya 2026 ntabwo yahiriye Afurika kuko mbere y’agace ka nyuma kakinwe kuri iki Cyumweru nta Munyafurika wari warigeze atwara agace na kamwe.
Kuri iki Cyumweru ariko yabaye inkuru itandukanye nizindi kuko ibilometero 83 na metero 800 byazengurutswe mu Mujyi wa Kigali kuva ku isaha ya Saa Saba zuzuye, Agace ka Munani kegukanywe n’Umunya-Eritrea w’imyaka 26 y’amavuko Henock Mulbrhan wakoresheje isaha imwe, iminota 59 n’amasegonda 37 aho uyu mugabo kandi yanegukanye Igihembo cy’Umunyafurika mwiza.Muri aka Gace ka Munani, Umunyarwanda waje hafi yabaye Muhoza Eric wabaye uwa karindwi arushnwa amasegonda atatu n’uwa mbere.
Ku rutonde rusange umwanya wa kabiri watwawe n’Umudage nanone, Adamietz Johannes ukinira ikipe ya Rembe Rad-Net warushijwe n’uwa mbere iminota ibiri n’amasegonda umunani aho yakoresheje amasaha 23, iminota 10 n’amasegonda 56.Umwanya wa gatatu watwawe n’Umubiligi Duarte Marvoete ukinira ikipe ya Lotto warushijwe n’uwa mbere iminota ibiri n’amasegonda 32 mu gihe umwanya wa kane watwawe na Desta Amaniel warushijwe iminota itanu n’amasegonda 13.
Kuri uru rutonde rusange Umunyarwanda waje hafi yabaye Niyonkuru Samuel ukinira ikipe ya Amani wabaye uwa 16 aho muri iri siganwa rya 2026 yakoresheje amasaha 23, iminota 14 n’amasegonda 39 arushijwe na Moritz Kretschy wegukanye Tour du Rwanda 2026 iminota itanu n’amasegonda 51.
Moritz Kretschy wegukanye Tour du Rwanda 2026, yakinaga iri rushanwa ku nshuro ya gatatu, akaba yabaye umukinnyi wa 16 wegukanye iri siganwa kuva ryaba Mpuzamahanga mu 2009 mu gihe ari Umunya-Burayi wa gatatu yegukanye nyuma y’Umunya-Espagne Cristian Rodriguez wayitwaye mu 2021 n’Umufaransa Fabien Doubey wayitwaye mu 2025.
Kuri ubu abakinnyi bo mu bihugu icyenda ni bo bamaze gutwara iri rushanwa. Ibyo bihugu ni u Budage, u Bufaransa, u Bwongereza, Eritrea, Espagne, u Rwanda, Afurika y’Epfo, Amerika na Maroc.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|