Mu kigo mpuzamahanga gifasha abakinnyi b’amagare baturutse imihanda yose,by’umwihariko akaba ari n’icyicaro cy’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare mu Rwanda kizwi ku izina rya Africa rising cycling center,habereye umuhango wo kumurika no gushyikiriza amagare abakinnyi ba Team Rwanda,amagare yatanzwe na Nyakubahwa Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame.

Ku ruhande rwa leta y’u Rwanda,yari ihagarariwe na Minisitiri w’umuco na Siporo Madamu Uwacu Julienne,aho yanatanze ubutumwa bwa Nyakubahwa Perezida wa Republika y’u Rwanda,ubutumwa bwashishikarizaga aba bakinnyi kuzitwara neza muri Tour du Rwanda ndetse bakanakomeza guhesha ishema u Rwanda mu mukino w’amagare.
Amagare yatanzwe agera kuri 23 (Harimo amagare 15 akoreshwa muri Road race n’amagare 8 akoreshwa mu gusiganwa habazwe igihe/ Time trial cyangwa course contre la montre) ari nayo magare agezweho ku isi,ndetse n’uwatwaye Tour de France 2015 Chris Froome niryo yakoreshaga,aho ndetse kandi buri gare rifite agaciro k’ibihumbi 14 by’amadolari ( 14,000 US $),

Minisitiri w’umuco na Siporo Uwacu Julienne kandi mu butumwa yageneye aba bakinnyi,yatangaje ko mu kiganiro yagiranye nabo bamwijeje ko nta rwitwazo bafite baramutse badatwaye Tour du Rwanda kuko iby’ingenzi ngo bayitware babibonye.
Andi mafoto:









Sammy IMANISHIMWE
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Ndashimira Umukuru w’igihugu kukuba adahwema guteza imbere u Rwanda,imikino w’amagare niwogere maze uzane ibikombe hirya nohino habera imikino nkiyo,maze dutere imbere turangajwe imbere n’Umusaza PresidentPAUL KAGAME.
Mukomere, ndabona ibyo umukuru w’igihugu cyacu abahaye ibyo yabemereye ngaho nabo bakore iyo byabaga babire ibyuye kubw’abanyarwanda bazitware neza bakomeze baheshe isheme urwatubyaye,murakoze