Umukinnyi Jimmy Mulisa wahoze akinira APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze gusinyana amasezerano n’ikipe ya Sunrise yo kuba umuyobozi wa Tekinike kugeza uyu mwaka w’imikino urangiye.
Abakinnyi b’umukino wa Handball bagera kuri 20 nibo bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu utangira kuri iki cyumweru taliki ya 22/02/2015.
Ikipe ya Kiyovu Sports yihimuye kuri Police FC iyitsinda ibitego 2-1 mu mukino wabaye ku wa gatatu tariki 18/02/2014.
Ikipe y’abafite ubumuga ya Sitting Volleyball mu Karere ka Ruhango iri mu myiteguro yo kuzitabira amarushanwa yateguwe na NPC ku rwego rw’igihugu.
Umusore w’umunyarwanda Hadi janvier yatwaye igihembo cy’uwagaragaje imbaraga mu guhatana mu isiganwa ku magare rya la Tropicale Amissa Bongo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ryamaze kwemeza ko irushanwa rya CHAN rizaba kuva tariki ya 16/01/2016 kugeza tariki ya 07/02/2016 mu gihugu cy’u Rwanda.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gutangaza amatariki ndetse n’ikibuga imikino nyafurika yo kwishyura izaberaho.
Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana w’imyaka 22 yabaye uwa mbere mu gace ka mbere k’irushanwa rizenguruka Gabon ryitwa La Tropicale Amissa Bongo ririmo abakinnyi batarengeje imyaka 25.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gushyira ahagaragara gahunda nshya y’igihe imikino y’ibirarane izakinirwa.
Umutoza w’ikipe ya APR FC, Mashami Vincent afite icyizere cyo kuba yasezerera ikipe ya Liga Muçulmana mu mukino wo kwishyura, nyuma y’uko banganyije mu mukino ubanza.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rifatanije na Minisiteri ya Siporo n’umuco batangije amarushanwa y’abatarengeje imyaka 15 (Ferwafa Youth League U15) mu rwego rwo gutegura ikipe y’igihugu Amavubi y’ejo hazaza haba mu bagabo no mu bagore, ndetse no kuzamura impano z’umupira w’amaguru mu gihugu cyose.
Nyuma y’ubuhanga yagaragaje mu mikino nyafurika iri kubera muri Afurika y’epfo, umunyarwandakazi Girubuntu Jeanne d’Arc yasabiwe kujya kwitoreza mu busuwisi.
Nyuma y’imyaka igera kuri itanu umutoza Ally Bizimungu avuye muri Mukura Victory Sports, aratangaza ko yiteguye kujyana ikirego cye mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru (FERWAFA) nyuma y’aho amaze kubona ko ikipe ya Mukura ikomeje guseta ibirenge mu kibazo cye kandi kimaze igihe.
Umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sports Ndayishimiye Eric Bakame yaraye akoranye imyitozo n’ikipe y’Isonga kuri uyu wa kane tariki 12 Gashyantare 2015 mbere yo gufata indege ku wa gatanu asanga abandi mu gihugu cya Cameroon gukina umukino wa Confederation Cup.
Amakipe ahagarariye u Rwanda yamaze gusesekara mu bihugu azaba akiniramo mu mpera z’iki cyumweru aho APR FC yageze i Maputo muri Mozambique naho Rayon Sports ikaba iri kubarizwa muri Cameroun.
Ikipe y’igihugu cy’u Rwanda “Amavubi” yasubiye inyuma ho imyanya ine ku rutonde rwa FIFA (FIFA Coca-Cola ranking) rwasohotse kuwa 12/02/2015.
Nyuma yo kwegukana umudari wa Silver mu mikino Nyafurika ibera muri Afurika y’epfo, umutoza Jonathan Boyer asanga umukinnyi Valens Ndayisenga afite Impano idasanzwe mu mukino w’Amagare.
Ikipe ya Rayon Sports yahagurutse i Kigali ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 11/2/2015 yerekeza muri Cameroon aho ijyanye icyizere cyo kwitwara neza ku mukino ifitanye na Panthère du Ndé mu mpera z’icyumweru.
Umunyarwanda w’imyaka 20 Ndayisenga Valens, ni we wegukanye umwanya wa kabiri mu bakinnyi batarengeje imyaka 23, basiganwaga ku giti cyabo kuri uyu wa gatatu tariki 11/2 muri shampiyona ya Afurika y’amagare ikomeje kubera muri Afurika y’epfo.
Ikipe ya Rayon Sports iri buhaguruke mu Rwanda ku i saa 13:00 zo kuri uyu wa gatatu tariki 11/2 yerekeza mu gihugu cya Cameroon mu mukino na Panthere du Nde yaho, umukino izakina idafite bamwe mu bakinnyi bayifatiye runini.
Amakipe abiri azahagararira u Rwanda mu mikino y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF, yarangije gutangaza abakinnyi 18 ari buhagurukane na yo kuri uyu wa gatatu tariki 11/2/2015.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare ikomeje guhatana n’ibind bihugu muri shampiyona nyafurika muri uyu mukino yakinwaga umunsi wayo wa kabiri kuri uyu wa kabiri tariki 10/2/2015.
Umutoza w’ikipe ya As Kigali Eric Nshimiyimana asanga amakipe azahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika mu mpera z’iki cyumweru, agomba gukina ashaka gutsinda nubwo yombi azaba akinira hanze y’igihugu cy’u Rwanda.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA riratangiza ku mugaragaro irushanwa rya U-15 kuri uyu wa gatandatu tariki 14/2/2015 mu karere ka Gatsibo.
Perezida wa Repubulika Nyakubahwa Paul Kagame ni umwe mu bashimishijwe n’intsinzi ya Côte d’Ivoire yakuye kuri Ghana iyitsinda kuri penaliti 9-8 mu mukino wanyuma w’igikombe cya Afurika cyaraye kirangiye muri Guinea Equatorial.
Ikipe ya Rayon Sports yaraye yongeye kubona amanota atatu nyuma y’imikino 10 nta ntsinzi ubwo kuri iki cyumweru yatsindiraga Musanze iwayo ibitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa 16 wa shampiyona.
Umukinnyi w’ikipe ya APR FC Mugiraneza Jean Baptiste Migi, n’umunyamakuru w’imikino wa Lemigo Gisa Fausta, kuri uyu wa gatandatu tariki 7/2/2015 bemereye imbere y’Imana n’abantu ko bagiye kubana ubuzima bwabo bwose.
Marines FC ikomeje kugora amakipe afite izina mu Rwanda aho kuri uyu wa gatandatu ishoboye gutsinda As Kigali ibitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa 16 wa shampiyona waberaga kuri stade Umuganda.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yarangije gusesekara mu gihugu cya Afurika y’epfo aho igiye kwitabira shampiyona nyafurika muri uyu mukino izatangira ku wa mbere tariki 9/2/2015 ikageza tariki 14/1/2015.
Umuhanzi w’umunyarwanda Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gufatanya na Jimmy Gatete mu gukurikirana abana babarizwa muri Goal Star Academy isanzwe ifashwa n’uyu wahoze ari rutahizamu ukomeye.