Bitunguranye, Umutoza Kanyankore Gilbert Yaounde na Eric Nshimiyimana bari bahawe ikipe y’igihugu Amavubi bamaze gukurwa kuri ako kazi bataranagatangira
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe bwatangaje ko ikipe ya Kirehe Fc izatangira Shampiona itira ikibuga cya Rwamagana mu gihe iri mu mirimo yo kubaka icyabo
Mu isiganwa ry’amagare rizenguruka umujyi wa Goma ryabaye kuri iki cyumweru, Hadi Janvier ni we wabaye uwa mbere, n’abandi banyarwanda bitwara neza
Muri Festival ya Rugby yateguwe n’ikipe yitwa Thousand Hills yabereye mu Gatenga ahazwi nko kwa Carlos kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Remera Buffaloes ni yo yegukanye iki gikombe itsinze Thousand Hills ku bitego 5-0 ku mukino wa nyuma.
Mu mikino isoza Shampiona y’icyiciro cya mbere muri Volleyball izwi nka "Carré d’As", Rwanda Revenue na INATEK (UNIK) ni zo zegukanye ibikombe.
Mu rwego rwo kwitegura umukino uzahuza Amavubi na Ghana, hatangajwe urutonde rutarimo Iranzi Jean Claude na Rwatubyaye Abdul bamaze iminsi bafatiye runini Amavubi
Mu isiganwa ry’amagare ryabaye kuri uyu wa Gatandatu riva Kigali rigasorezwa i Rwamagana, Gasore Hategeka wa Benediction Club ni we waryegukanye
Mu rwego rw’umunshinga w’imyaka itatu yo gutegura abana b’abakobwa mu mupira w’amaguru, abakobwa b’I Nyagatare bari mu myaka 6-12 batewe inkunga y’imipira 65.
Johnattan McKinstry wari umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze guhagarikwa ku mirimo yo gutoza Amavubi nyuma yo gutanga umusaruro muke
Mu mukino wasozaga imikino yose ya gisirikare yaberaga mu Rwanda, Ingabo z’u Rwanda zatsinze iza Tanzania igitego 1-0, ariko ntizabasha kwegukana iki gikombe kuko zasabwaga gutsinda uyu mukino ku kinyuranyo cy’ibitego 2.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje amwe mu makuru mashya avugwa mu ikipe yabo nyuma y’imyitozo ya mbere
Ikipe ya Benediction Club y’umukino w’amagare mu Karere ka Rubavu, yatumiwe mu isiganwa ry’umunsi umwe rizabera i Goma ku wa 21 Kanama 2016.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Rayon Sports ni bwo yatangiye imyitozo yabereye kuri Stade Mumena, aho hagaragayemo umutoza mushya wungirije ndetse n’abakinnyi bashya iyi kipe yaguze
Kuri uyu wa Kabiri ubwo haza gukinwa umukino wa nyuma mu mikino ya gisirikare, APR irasabwa gutsinda ikinyuranyo cy’ibitego 2-0 ikeguna igikombe mu mupira w’amaguru
Tubane James wari umaze imyaka ibiri mu ikipe ya Rayon Sports, yamaze kuyivamo asinyira AS Kigali imyaka ibiri
Mu mikino ya gisirikare iri kubera mu Rwanda, Kenya yatsinzeu Rwanda ihita yegukana igikombe mu mukino wa Handball
Ibihugu bine byitabiriye imikino ya Gisirikare byasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994 ruri ku Gisozi, ndetse na Economic zone
Mu mukino w’intoki wa Basketball, ikipe y’ingabo z’u Rwanda yegukanye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda imikino yose yagombaga gukina.
Imodoka ya Bukera Valery ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, ni yo yabaye iya mbere mu isiganwa ry’amamodoka ryari rimaze iminsi itatu ribera mu Rwanda.
Mu nteko rusange y’ikipe ya Mukura VS yateraniye mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Huye kuri iki Cyumweru, tariki 14 Kanama 2016, ubuyobozi bwamurikiye abafana abakinnyi bashya ikipe yasinyishije, bakazayifasha muri uyu mwaka w’imikino wa 2016/2017.
Mu mushinga w’imyaka ine ugamije gukundisha abana b’abakobwa umupira w’amaguru ndetse no gutegura ikipe y’igihugu y’ejo hazaza, mu karere ka Huye hatangiriye ibikorwa byo gutangira gukundisha abana b’abakobwa bakiri bato umupira w’amaguru.
Kuri uyu wa Gatanu ku bibuga bya Stade Amahoro na Nyamirambo habereye umunsi wa kane w’imikino ya Gisirikare, aho U Rwanda rwatsinze muri Basket rutsindwa muri Netball
Muna Singth Ukomoka muri Zambiya yegukanye igice cya mbere cya Montain Gorilla Rally iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya gatanu.
Isiganwa mpuzamahanga ry’amamodoka rizwi ku izina rya Rwanda Mountain Gorilla Rally rigiye kuba ku nshuro ya gatanu, rizagaragaramo udushya twinshi.
Kuri uyu wa Gatanu harakomeza imikino ya gisirikare ikinwa ku munsi wayo wa kane, aho Ingabo z’u Rwanda ziba zikina Netball na Basketball
Ikipe y’ingabo z’u Rwanda yatsinze Tanzania muri Basketball mu gihe muri Netball itabshije gutsinda ikipe ya Uganda mu mikino ya gisirikare iri kubera mu Rwanda
Mu mikino ya gisirikare ikomeje kubera mu Rwanda, u Rwanda rwabonye intsinzi ya mbere rwabonye mu mukino wa Handball rutsinze Tanzania.
Ku munsi wa kabiri w’imikino ya gisirikare, Kenya yaje kwiharira imyanya ya mbere mu gusiganwa ku maguru byabaereye kuri Stade ya Kicukiro
Mu mukino wa mbere wahuje ikipe ya APR Fc ihagarariye ingabo z’u Rwanda na Ulinzi ya Kenya, APR Fc yatsinzwe igitego 1-0
Ku munsi wa kabiri ikipe y’ingabo z’u Rwanda iraza kuba ikina n’ibindi bihugu bigize Afurika y’i Burasirazuba, imikino ibera kuri Stade ya Kicukiro kuri uyu wa Kabiri.