REG VC ntiyumva uburyo iri ku mwanya wa kabiri kandi ifite amanota menshi

Abakinnyi n’abayobozi b’Ikipe ya REG Volleyball Club baratangaza ko batiyumvisha uburyo bari ku mwanya wa kabiri ku rutonde rwa shampiyona kandi barusha amanota Gisagara VC amanota menshi.

REG VC ivuga ko itiyumvisha uburyo iri ku mwanya wa kabiri kandi ifite amanota menshi kurusha iya mbere
REG VC ivuga ko itiyumvisha uburyo iri ku mwanya wa kabiri kandi ifite amanota menshi kurusha iya mbere

Urutonde rwa shampiyona rw’agateganyo rugaragaza ko Gisagara VC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 21, REG VC ikaba ku mwanya wa kabiri n’amanota 22. Uru rutonde ni rwo abakinnyi n’ubuyobozi bwa REG VC bashingiraho buvuga ko batemeranywa na rwo.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today ku wa Mbere tariki ya 04 Gicurasi 2020, Kapiteni w’Ikipe ya REG VC, Mukunzi Christopher yagize ati “Twe nk’abakinnyi ntitwumva uburyo uru rutonde rwakozwe. Ubusanzwe mu mikino abantu bahatanira amanota, gutsinda umukino hari amanota bitanga, ariko twe twatunguwe no kubona turi aba kabiri turusha amanota Gisagara VC”.

Ati “Twarebye mu mategeko y’impuzamashyirahamwe ku Isi FIVB, nta na hamwe iri tegeko bagendeyeho rigaragara kereka niba ryaravuzwe mu nama y’inteko rusange ubuyobozi bwacu ntibutubwire”.

Ku ruhande rw’ubuyobozi bwa REG VC, twaganiriye n’ushinzwe ubuzima bwa buri munsi muri iyi kipe, Robert Ndabikunze, avuga ko hashobora kuba harimo kwibeshya.

Yagize ati “Nka REG VC twabifashe ko harimo kwibeshya mu bakoze uru rutonde, twabonaga ko bizakosorwa isaha iyo ari yo yose”.

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko Ishyirahamwe ry’umikino wa Volleyball ryakabaye ryihutira gukosora uru rutonde kuko rukorwa hashingiwe ku manota.

Ku ruhande rw’Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda, Kigali Today yaganiriye n’Umunyamabanga waryo, Mfashimana Adalbert.

Kapiteni wa REG VC ati Ni ubwa mbere mbonye amanota yirengagizwa
Kapiteni wa REG VC ati Ni ubwa mbere mbonye amanota yirengagizwa

Agira ati “Uburyo bwakoreshejwe bwakurikije amategeko. Iyo tugiye gutangira umwaka aya mategeko tuyasangiza abanyamuryango bacu kandi n’uyu mwaka ni ko byagenze”.

Mu gusobanura uko urutonde rukorwa, yagize ati “Kuva hatangira itegeko rivuga ko amakipe yatsindwanye amaseti atatu kuri abiri agabana amanota, Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB), twatangiye gukurikiza gukoresha itegeko ryo gutondeka amakipe dukurikije imikino yatsinze.

Itegeko tugenderaho rivuga ko mu gihe hatondekwa uko amakipe agomba gukurikirana mu irushanwa iryo ari ryo ryose, habanza imikino amakipe yatsinze n’iyo yatsinzwe. Nyuma yo kureba imikino ni ho tureba amanota amakipe afite. Icya gatatu tureba ni amaseti yagiye aboneka mu mikino amakipe yagiye akina”.

Arakomeza ati “Mu gusoza amategeko yacu tuvuga ko ibitari mu matageko yacu hitabazwa amategeko y’impuzamashyirahamwe ku Isi FIVB. Sinzi impamvu amakipe atabyumva”.

Ikipe itsinze amaseti atatu ku busa ihabwa amanota atatu, ikipe itsinze amaseti atatu kuri abiri igahabwa amanota abiri, iyatsinzwe igahabwa inota rimwe. Ikipe itsinze amaseti atatu kuri imwe ihabwa amanota atatu, itsinzwe igahabwa ubusa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

I think this rules might help them before claim.

RANKING CRITERIA
RANKING SYSTEM
In order to establish the ranking of teams, the following criteria should be implemented.

1) By the number of victories (match won, match lost) among teams of the same pool or group.

2) In case of equality in the number of victories the tiebreaker will be by the points gained by each team per match as follows

Match won 3-0; 3-1 3 points
Match won 3-2 2 points
Match lost 2-3 1 point
Match lost 0-3; 1-3 0 points
Match forfeited 0 points (25-0, 25-0, 25-0)

3) Set Quotient – In the case of equality in the number of points gained by two or several teams, they will be classified in descending order by the set quotient resulting from the division of the number of all sets won by the number of all sets lost

4) Points quotient – If the tie persists as per the set quotient, the teams will be classified in descending order by the points quotient resulting from the division of all points scored by the total of points lost during all sets.

5) If the tie continues as per the point quotient between two teams, the priority will be given to the team which won the last match between them.

When the tie in point quotient is between three or more teams a new classification of these teams will be made taking into consideration only the matches in which they opposed to each other.

Emmanuel HAVUGIMANA yanditse ku itariki ya: 5-05-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka