Gisagara VC mu myiteguro ya nyuma mbere yo kwerekeza muri Tunisia

Ikipe ya Gisagara Volleyball Club iri mu myiteguro ya nyuma mbere yuko yerekeza i Tunis muri muri Tunisia, mu mikino ihuza amakipe yabaye ayambere iwayo muri shampiyona (Club Championship).

Gisagara VC niyo ibitse igikombe cya shampiyona
Gisagara VC niyo ibitse igikombe cya shampiyona

Gisagara VC niyo yegukanye shampiyona ya Volleyball mu Rwanda umwaka ushize, aho yasoje ku mwanya wa mbere ihigitse amakipe akomeye arimo nka APR VC, REG VC ndetse na UVC yahoze ari UTB.

Nyuma yuko u Rwanda rukomorewe ku kuba rwakwitabira imikino mpuzamahanga muri Werurwe uyu mwaka, ikipe ya Gisagara yari yegukanye igikombe yahise itangira imyiteguro yo kuzaserukira igihugu, urugendo yari yatangiranye n’ikipe y’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu REG VC nk’ikipe yabaye iya kabiri kuko kugeza magingo aya impuzamashyirahamwe y’umukino wa Volleyball muri afurika yemera ko igihugu gishobora guhagararirwa n’amakipe abiri.

Gusa yo yaje kubihagarika nyuma yuko iki kigo gifite indi kipe ikina umukino wa Baskeball iri mu marushanwa nyafurika ya BAL, aho iri mu makipe 8 azakina imikino ya nyuma bityo imbaraga zose zikaba zarashyizwe muri iyo kipe akaba ariyo mpamvu REG VC itazitabira nk’uko byatangajwe na Geoffrey Zawadi, ushinzwe siporo muri REG akaba na perezida wa REG VC .

Muri 2019 Gisagara yasoje ku mwanya wa 9 muri Club Championship
Muri 2019 Gisagara yasoje ku mwanya wa 9 muri Club Championship

Ikipe ya Gisagara Volleyball Club ifite umutoza mushya, Nyirimana Fidele, wayerekejemo muri Gashyantare uyu mwaka ubwo yari amaze gutandukana na UVC, nk’uko amategeko ya FIVB abiteganya, ikipe iba igomba kuba igizwe n’abakinnyi 14, biteganyijwe ko nta gihindutse ikipe ya Gisagara izahagurukana abakinnyi 15, gusa 2 muri bo bashobora kutazakina bitewe n’uko hari ibisabwa batujuje.

Gisaga VC kandi nyuma yo kumenya ko izasohokera igihugu yongeye imbaraga ikipe ugereranyije n’iyari yatwaye igikombe cya shampiyona, aho bongeyemo abakinnyi nka Ndahayo Dieu Est Là ndetse na Nkurunziza John. Usibye abo kandi iyi kipe yanifashishije izindi mbaraga, aho mu bakinnyi izaserukana harimo na Kanamugire Prince usanzwe ukinira ikipe ya APR VC, ndetse na Dusenge Wicklif wari usanzwe ukina mu gihugu cya Misiri mu ikipe ya Tala’ea El Gaish, ubu uri mu Rwanda.

Andi makuru agera kuri Kigali today ni uko sosiyete y’imikino y’amahirwe ya Forzza bet, ari umwe mu baterankunga batanze amafaranga menshi muri iyi kipe mu gihe cy’amarushanwa nyafurika, yewe ngo bazaba banamwamamaza ku mwambaro bazakoresha mu gihe cy’aya marushanwa.

Gisagara VC yagombaga gusohokana na REG VC
Gisagara VC yagombaga gusohokana na REG VC

Abakinnyi ikipe ya Gisagara izahagurukana

 Mugabo
 Ndayisaba Sylvester
 Niyogisubizo Samuel Tyson
 Ndahayo Dieu Est Là
 Ndamukunda Flavien
 Akumuntu Kavalo Patrick
 Niyonshima Samuel
 Dusenge Wicklif
 Peter bigirimana
 Blaise ishimwe
 Muvara Ronald
 Nkurunziza John
 Kanamugire Prince
 Djbrille
 Malinga Kathbert

Ni ku nshuro ya Kabili ikipe ya Gisagara igiye gukina imikino ya Club Championship nyuma yo muri 2019, aho yaje gusoza ku mwanya wa 9 muri Afurika.

Biteganyijwe ko iyo kipe izahaguruka mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu taliki ya 4 ishyira iya 5 Gicurasi berekeza i Tunis muri Tunisia.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka