Beach Volleyball: Gatsinzi na Ntagengwa batsinze Abanyafurika y’Epfo

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Beach Volleyball igizwe na Ntagengwa Olivier na Gatsinzi Venuste, imaze gutsinda ikipe y’igihugu ya Afurika y’Epfo amaseti 2 ku busa, mu mikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza ikomeje kubera Birmingham mu Bwongereza.

Ntagengwa na Gatsinzi babonye intsinzi yabo ya mbere
Ntagengwa na Gatsinzi babonye intsinzi yabo ya mbere

Wari umukino wa mbere wo mu itsinda rya kabiri u Rwanda ruherereyemo, aho abo basore bawitwayemo neza bahigika bagenzi babo, Williams na Goldschmidt bo muri Afurika y’Epfo.

U Rwanda rwegukanye iseti ya mbere ku manota 21 kuri 19 ya Afurika y’Epfo, ndetse byasubiye no mu iseti ya kabiri kuko Afurika y’Epfo yongeye gutungurwa itsindwa iseti ya 2 ku manota 21 kuri 16.

Umukino wabereye ku kibuga cya Smithfield, Birmingham
Umukino wabereye ku kibuga cya Smithfield, Birmingham

U Rwanda ruzagaruka mu kibuga ku wa Mbere rukina na Maldives, ukazaba ari umukino wa 2 ruzaba rukinnye mu itsinda rusangiye na Afurika y’Epfo, Maldives ndetse na Australia.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka