Beach Volleyball: Australia itsinze u Rwanda iyobora itsinda

Mu mikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth games) ikomeje kubera mu Bwongereza mu Mujyi wa Birmingham, ikipe y’igihugu ya Australian itsinze u Rwanda muri Volleyball ikinirwa ku mucanga, ihita inasoza ari iya mbere u Rwanda ruzamuka ari urwa kabiri.

Ni umukino wa mbere Ntagengwa na Gatsinzi batakaje
Ni umukino wa mbere Ntagengwa na Gatsinzi batakaje

Ni umukino wa gatatu mu itsinda rya 2, aho amakipe yaba ay’u Rwanda na Australian, yombi yahuye bataratsindwa umukino n’umwe, nyuma y’aho u Rwanda rwatsinze Afurika y’Epfo ndetse na Maldives.

Australia niyo yahise iyobora itsinda rya kabiri n’amanota 6, nyuma yo gusoza imikino yose uko ari 3 idatsinzwe, ikurikirwa n’u Rwanda rwasoje ku mwanya wa 2 n’amanota 4 ndetse akaba ariyo makipe 2 azakina imikino ya 1/4 iteganyijwe kuri uyu wa gatanu.

Biteganyijwe ko imikino ya 1/4 izakinwa kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5, imikino ya 1/2 ndetse n’umwanya wa 3 izakinwa tariki ya 6 naho imikino ya nyuma yo ikinwe tariki ya 7 Kanama 2022.

N'ubwo batsinzwe ariko bamaze kwerekeza muri 1/4
N’ubwo batsinzwe ariko bamaze kwerekeza muri 1/4
Australian yasoje iyoboye itsinda, ikurikirwa n'u Rwanda
Australian yasoje iyoboye itsinda, ikurikirwa n’u Rwanda
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka