Athletisme: Mvuyekure yabonye itike yo kuzakina imikino Olympique

Nyuma yo kwitwara neza muri Marathon yabereye i Roma mu Butaliyani tariki 18/03/2012, Umunyarwanda Jean Pierre Mvuyekure yabonye itike yo kuzasiganwa ku maguru mu mikino Olympique izabera i Londres mu Bwongereza.

Mvuyekure wirutse kilometero 42 mu masaha abiri, iminota 17 n’amasegonda 32, yahise aba umukinnyi ku giti cye wa kabiri ubonye itike yo kuzitabira imikino Olympique izabere i Londres muri Nyakanga uyu mwaka nyuma ya Adrien Niyonshuti usiganwa ku igare.

Abandi bakinnyi b’Abanyarwanda bajyanye na Mvuyekure i Roma ntibabashije kubona iyo tike, gusa ngo ukurikije uko bitwaye hari icyizere cy’uko bashobora kuzayibona mu yandi marushanwa ateganyijwe mu minsi iri imbere; nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo mu Ishyirahamwe ry’Imukino Ngororamubiri mu Rwanda, Raymond Bananeza.

Ubwo abakinnyi bakina Marathon bajyaga i Roma, indi kipe y’igihugu yo yari yerekeje i Cape Town muri Afurika y’Epfo mu mikino Nyafurika ya Cross-country. Ikipe y’u Rwanda yegukanye umwanya wa kane, inyuma ya Kenya, Ethiopia na Eritrea. Uyu mwanya wa kane niwo mwanya mwiza u Rwanda rumaze kwegukana ku rwego rw’Afurika kugeza ubu.

Theoneste Nisingizwe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka