Umukobwa wa Sinzi Tharcisse arashaka kurenga ibigwi bya Se

Kankindi Nancy, umukobwa wa Maitre Sinzi Tharcisse wamenyekanye mu mukino wa Karate, aratangaza ko yiteguye kugera ku rwego Se yagezeho akaba yanarurenga

Kankindi Nancy ufite inzozi zo gutera ikirenge mu cya Se
Kankindi Nancy ufite inzozi zo gutera ikirenge mu cya Se
Aha yari mu mukino wo kwiyereka "Kata"
Aha yari mu mukino wo kwiyereka "Kata"

Ku myaka umunani amaze akina umukino wa Karate, uyu mukobwa ubyarwa na Sinzi Tharcisse wabaye icyamamare mu mukino wa Karate, akina ndetse anatoza uyu mukino, afite inzozi zo kuzagera ku rwego rukomeye muri uyu mukino.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, yatangaje ko kuba Papa we yarakinnye uyu mukino bimutera ishema n’imbaraga zo gukora cyane ngo azagere ku rwego nk’urw’umubyeyi we yagezeho.

Yagize ati " Maze imyaka umunani nkina Karate, kuko ni umukino mwiza kandi urafasha, maze kwegukana imidali ntabara, kuba Papa nawe yarawukinnye ni ishema rinini cyane kuri njye kandi numva nifuza gukurikiza intambwe ze, nkagera ku rwego nk’urwe, ku buryo aho azagera numva nshobora kuzamurenzaho"

Sinzi Tharcisse n'umukobwa we yifuza ko yazamugwa mu ntege akaba yanamurenga
Sinzi Tharcisse n’umukobwa we yifuza ko yazamugwa mu ntege akaba yanamurenga

Sinzi Tharcisse arasaba ababyeyi kuba bareka n’abana b’abakobwa bagakina Karate

Ku ruhande rwa Maitre Sinzi Tharcisse, nawe aratangaza ko ari byiza kuba umukobwa we ari gukina Karate, kuko awubona nk’umukino mwiza, akanakebura ababyeyi babuza abana babo gukina Karate.

Aganira na Kigali Today yagize ati " Ni byiza kuko yabonye umudali w’Argent, byanshimishije kuba ashobora kuzangwa mu ntege, yavuze ko azansumbya, byanshimisha aramutse abigezeho"

"Ababyeyi babuza abana gukina Karate baribeshya, abavuga ngo ni mbi ngo ni umukino wo kurwana ntibaba babyumva, kuko imurinda byinshi uwo mukobwa cyangwa se umugore kuba yakwirinda ku giti cye, ni Siporo ituje kandi itajyana umwana mu businzi cyangwa se ubusambanyi, abayeyi bashatse babyumva kandi bakabyakira" Sinzi Tharcisse

Amaze imyaka 8 akina uyu mukino
Amaze imyaka 8 akina uyu mukino

Uyu mwana usanzwe ukorera imyitozo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, kuri iki cyumweru yegukanye umudali w’umwanya wa kabiri mu marushanwa yari agamije gutegura ikipe y’igihugu, amarushanwa yabereye muri Gymnase ya NPC i Remera ya Kigali

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

nukuri njye iyo mbonye sinzi ku ifoto numva namuhobera kd bitashoboka.nubwo atanzi sinzi numvishe ubutwari bwe numva ndamukunze cyane.l real love you sinzi

rukundo yanditse ku itariki ya: 11-04-2018  →  Musubize

nkunda uyu mugabo kuko ahorana moral ntarabona ! ntabyo gufifika bya kinyarwanda agira karate yamugize undi muntu ! Sinzi we, genda uli umugabo ukwiriye icyubahiro gikwiriye mu bagabo

haridi yanditse ku itariki ya: 21-06-2017  →  Musubize

ni byiza cyane kubona umukobwa nkuwo atera intambwe ishimishije. bivuzengo nakore cyane kuko byose birashoboka
maitre sinzi we ni umuntu wintangarujyero.

Jean Baptiste yanditse ku itariki ya: 21-09-2016  →  Musubize

nanjye ndi umukaratika ariko uy’umukobwa atumye ndushaho kunjyira courage murakoze

james yanditse ku itariki ya: 20-09-2016  →  Musubize

Congratulations Maitre Tharcisse ni ikigaragaza urukundo ufitiye uyu mukino. Kuva kera kugeza none. Kandi nibyo koko umwana akina karaté akurana uburere.

Emmé yanditse ku itariki ya: 20-09-2016  →  Musubize

yazamugwa mu ntege cg yazatera ikirenge mu cye? Mwige ikinyarwanda.

kamana yanditse ku itariki ya: 19-09-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka