Umusifuzi wo hagati azaba ari Jackson Pavaza (Namibia), azafashwa na Mathew KANYANGA (Namibia), David Tauhulupo SHAANIKA (Namibia) bazasifura ku ruhande, SHOOVALEKA Nehemia (Namibia) ni umusifuzi wa kane, naho
Mike Letti (Uganda) azaba ari komiseri w’umukino.
Ku rundi ruhande, abasifuzi b’Abanyarwanda na bo bazaba berekeje muri Mauritania kuyobora umukino uzahuza Mauritania na Burkina Faso, umusifuzi wo hagati azaba ari HAKIZIMANA Louis , HAKIZIMANA Ambroise na KARANGWA Justin bazasifura ku ruhande, naho UWIKUNDA Samuel akazaba ari umusifuzi wa kane.
Abo basifuzi bo muri Namibia kandi bari basifuye umukino wahuje Rayon Sports na Costa do Sol kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ubwo Rayon yatsindaga ibitego 3-0, banasifura umukino Rayon yatsinzwemo na Mamelodi Sundowns muri Afurika y’Epfo.
Uwo Jackson Pavaza kandi ufatwa nk’umusifuzi wa mbere muri Namibia, si ubwa mbere azaba asifuriye Amavubi kuko yanayasifuriye ubwo yanyagiraga ikipe y’Ibirwa bya Maurice ibitego 5-0.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|