Nyuma y’amezi make Rwatubyaye Abdul yerekeje muri Sporting Kansas City, mu rukerera rwo kuri uyu munsi yakinnye umukino wa Shampiyona y’icyiciro cya kabiri, mu ikipe ya kabiri y’ikipe ye yitwa Swope Park Rangers.
Rwatubyaye Abdul wari uri no ku ntebe y’abasimbura mu mukino wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere ikipe ye ya Sporting Kansas City, ubwo batsindwaga ibitego 3-0 kuri uyu wa kabiri, yahise yifashishwa no mu mukino w’ikipe ya Swope Park Rangers, ikaba ikipe ya kabiri ya Sporting Kansas City.
Abdul Rwatubyaye ku munota wa 90 w’umukino yaje guha intsinzi iyi kipe ye aho yayitsindiye igitego cya gatatu n’umutwe, umukino uza kurangira batsinze Louisville City FC ibitego 3-2.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|