Misiri na yo yanyagiye u Rwanda mu gikombe cy’Afurika-Amafoto

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball mu gikombe cy’abatarengeje imyaka 18 yongeye kunyagirwa na Egypt (Misiri) ibitego 56-12 muri Palais des Sports de Bamako

Ni gutya umukino warangiye
Ni gutya umukino warangiye

Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo u Rwanda rwakinaga umukino warwo wa Kabiri, byari nyuma y’aho ku munsi w’ejo rwari rwatsinzwe na Republika iharanira Demokarasi ya Congo ibitego 45-15, uyu munsi rwongeye gutsindwa na Egypt ibitego 56-12.

Abakinnyi ba Egypt bari bafite ibigango ku buryo bugaragara
Abakinnyi ba Egypt bari bafite ibigango ku buryo bugaragara
Ab'u Rwanda ubona ko bataragira ibigango ....
Ab’u Rwanda ubona ko bataragira ibigango ....

Uyu mukino ujya gutangira abenshi bahaga amahirwe iyi kipe ya Egypt, ikipe isanzwe inafatwa nk’iya mbere muri uyu mukino muri Afurika, mu gihe u Rwanda ku rutonde ruheruka gusohoka rwazaga ku mwanya wa 28 mu bakiri bato.

Nyuma y'umukino amakipe yombi asuhuzanya
Nyuma y’umukino amakipe yombi asuhuzanya

Agace ka mbere k’umukino kaje kurangira Egyt iyoboye n’ibitego 31-5, mu gice cya kabiri u Rwanda ruza gutsinda ibitego 7, Egypt itsinda 25, maze umukino muri rusange usozwa ku giteranyo cy’ibitego 52 kuri 12 by’u Rwanda.

Karenzi Yannick w'u Rwanda watsinze ibitego 5
Karenzi Yannick w’u Rwanda watsinze ibitego 5

Muri uyu mukino umukinnyi wa Egypt witwa Ayamaan A. Khorthid , ni we waje gutsinda ibitego byinshi aho yatsinze 8 wenyine, mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda Karenzi Yannick yatsinze ibitego 5.

Andi mafoto yafashwe na Kigali Today muri Palais des Sports i Bamako

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka