Ni irushanwa rimaze iminsi ribera Zanzibar, rigahuza amakipe y’abakobwa batarengeje imyaka 18 n’abatarengeje imyaka 20.
Nyuma yo kwitwara neza mu mikino y’amatsinda, amakipe abiri y’u Rwanda yose yabonye itike ya 1/2 nyuma yo kurangiza imikino y’amatsinda ku mwanya wa kabiri.
Mu batarengeje imyaka 18, u Rwanda mu mukino wa nyuma w’amatsinda rwatsinzwe na Ethiopia ibitego 20 kuri 14, gusa u Rwanda rukaba rwari rwaratsinze imikino ya mbere yose.
Mu batarengeje imyaka 20 , u Rwanda rwatsinze Ethiopia ibitego 20 kuri 17, naho u Rwanda ruhita rubona itike ya 1/2.
Kuri uyu wa Gatandatu muri 1/2 cy’irangiza amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 ndetse na 20, zizahura na Uganda aho amakipe yabo yose yasoje imikino y’amatsinda ku mwanya wa mbere.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|