Police HC na Kiziguro zegukanye irushanwa ryo Kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi (AMAFOTO)

Mu irushanwa ryo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, ikipe ya Police HC na ES Kiziguro ni zo zegukenye ibi bikombe mu mukino wa Handball

Gorillas Hc mu mukino wayihuje na Nyakabanda
Gorillas Hc mu mukino wayihuje na Nyakabanda

Mu mpera z’iki cyumweru hari habaye amarushanwa yo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, aho by’umwihariko hibukwaga ababarizwaga mu mukino wa Handball.

Iri rushanwa ryatangiye ku wa Gatandatu hakinwa imikino y’amajonjora mu matsinda ndetse na ¼ mu bagabo n’abagore, aho kimwe mu byatunguranye ari ugusesererwa ku ikipe ya APR HC yatsindiwe muri ¼ na ES Kigoma.

Mu mikino ya nyuma, mu bagabo cyegukanywe na Police HC itsinze ES Kigoma ibitego 32 kuri 24, mu gihe mu bagore igikombe cyatwawe na Kiziguro SS itsinze Falcons ibitego 17 kuri 15.

Police HC ni yo yegukanye igikombe mu bagabo
Police HC ni yo yegukanye igikombe mu bagabo

Mu mikino yo guhatanira umwanya wa gatatu, ikipe ya Gorillas Handball Club yari yasezerewe na Police HC yegukanye uyu mwanya itsinze Nyakabanda, naho mu bagore umwanya wa gatatu wegukanwa na UR Rukara.

Ikipe ya Falcons yabaye iya kabiri mu bakobwa
Ikipe ya Falcons yabaye iya kabiri mu bakobwa
Kayijamahe Yves watsinze ibitego byinshi mu bagabo
Kayijamahe Yves watsinze ibitego byinshi mu bagabo
Gorillas Handball Club yegukanye umwanya wa gatatu mu bagabo
Gorillas Handball Club yegukanye umwanya wa gatatu mu bagabo

Amafoto yaranze umukino wa ES Kigoma na Nyakabanda muri 1/2

Umukino wa Gorillas na Nyakabanda

AMAFOTO: Muzogeye Plaisir

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nibyiza kuba iryo rushanwa ryarakinywe gusa mujye mutubwira nibihembo uko byagiye bitangwa tuvuge urugero ikipe ya mbere yahembwe iki? Murakoze cyane

Bruno Olivier yanditse ku itariki ya: 11-04-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka