Ibihugu bya mbere byamaze kugera mu Rwanda mu guhatanira itike y’igikombe cy’isi (AMAFOTO)

Mu gihe habura amasaha make ngo mu Rwanda hatangire igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20, ibihugu bimwe byamaze kugera mu Rwanda aho iri rushanwa rizabera

Guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki 20/08/2022, muri Kigali Arena harabera igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20, aho iri rushanwa ryitabiriwe n’ibihugu icyenda bigabanyije mu matsinda abiri.

Ikipe y’igihugu ya Angola mu rukerera rwo ku munsi w’wjo ni yo yabimburiye andi makipe kugera mu Rwanda, hakurikiraho ibihugu bindi birimo Egypt, nyuma nayo iza gukurikirwa na Tunisia yahageze mu rukerera rw’uyu munsi.

Abatarengeje imyaka 20 ba Egypt bamaze kugera mu Rwanda
Abatarengeje imyaka 20 ba Egypt bamaze kugera mu Rwanda

Usibye amakipe kandi mu Rwanda hamaze kugera na Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umukino wa Handball muri Afurika (CAHB) Dr. Mansourou Aremou, aho yakiriwe na Perezida wa Federasiyo ya Handball mu Rwanda, Twahirwa Alfred.

Angola ni yo kipe yageze bwa mbere mu Rwanda
Angola ni yo kipe yageze bwa mbere mu Rwanda
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka