Simba Sc ya Meddie Kagere yatangaje ko itazitabira CECAFA izabera mu Rwanda

Ikipe ya Simba yo muri Tanzania yamaze gutangaza ko itazitabira amarushanwa ya CECAFA Kagame Cup azabera mu Rwanda kuva mu kwezi gutaha

Kuri uyu wa Gatanu ni bwo ikipe ya Simba ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, yatangaje ko itakitabiriye irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika y’i Burasirazuba no hagati (CECAFA Kagame Cup), aho iyi kipe izaba iri gutegura umwaka mushya w’imikino

Meddie Kagere ufite abafana benshi mu Rwanda ntazitabira CECAFA
Meddie Kagere ufite abafana benshi mu Rwanda ntazitabira CECAFA

Ikipe ya Simba yegukanye Shampiyona y’uyu mwaka muri Tanzania, ni imwe mu makipe yahabwaga amahirwe y kwegukana iyi CECAFA, ikanagira by’umwihariko abafana benshi mu Rwanda kubera abanyarwanda bayikinamo nka Haruna Niyonzima ndetse na Meddie Kagere.

Ikipe ya Simba yegukanye igikombe cya Shampiyona 2018/2019
Ikipe ya Simba yegukanye igikombe cya Shampiyona 2018/2019
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka