Seninga Innocent yongeye kugirwa umutoza mukuru wa Etincelles

Nyuma yo guhagarika umutoza Nduhirabandi Abdulkarim Coka, ikipe ya Etincelles yamaze kumusimbuza Seninga Innocent wigeze no kuyitoza.

Seninga Innocent wari umaze iminsi nta kipe atoza nyuma yo gutandukana na Bugesera, yasinye imyaka ibiri mu ikipe ya Etincelles.

Uyu mutoza wari umaze iminsi ari no mu batoza bungirije by’agateganyo mu ikipe y’igihugu Amavubi, yigeze no gutoza Etincelles mu mwaka w’imikino wa 2015-2016.

Seninga Innocent mu minsi ishize wananditse ku rubuga rwe rwa Instagram ashimira abafana ba Etincelles urukundo bamugaragarije mu mpera z’iki cyumweru, yari yabatangarije ko mu minsi iri imbere ashobora kongera kubabera umutoza.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka