Robertinho yazanye na Gor Mahia mu Rwanda, Jules Ulimwengu arasigara-Urutonde

Ikipe ya Gor Mahia yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi izanye mu Rwanda guhura na Gor Mahia, batarimo Jules Ulimwengu mu gihe umutoza Robertinho we arimo.

Kuri uyu wa Gatandatu guhera i Saa Cyenda z’amanywa kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo, hateganyijwe umukino ubanza wa CAF Champions League uzahuza APR FC yo mu Rwanda na Gor Mahia yo muri Kenya.

Robertinho yazanye na Gor Mahia mu Rwanda n'ubwo atemerewe kwicara ku ntebe y'abatoza
Robertinho yazanye na Gor Mahia mu Rwanda n’ubwo atemerewe kwicara ku ntebe y’abatoza
Sammy Omollo ni we uzatoza uyu mukino wa APR FC
Sammy Omollo ni we uzatoza uyu mukino wa APR FC

Ikipe ya Gor Mahia igomba kugera mu Rwanda uyu munsi, yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi berekeje mu Rwanda batagaragaramo Jules Ulimwengu wahoze akinira Rayon Sports, gusa hakaba harimo umutoza Robertinho utemerewe kwicara ku ntebe y’abatoza nyuma y’uko ibyangombwa bye byanzwe na CAF.

Urutonde Gor Mahia yazanye mu Rwanda

Abakinnyi: Bonface Oluoch, Gad Mathews, Geoffrey Ochieng, Michael Apudo, Philemon Otieno, Kelvin Wesonga, Charles Momanyi, Joachim Oluoch, Andrew Juma, Ernest Wendo, Bertrand Konfor, Kenneth Muguna, Bernard Ondiek, Cliffton Miheso, John Macharia, Samuel Onyango, Nicholas Kipkirui na Tito Okello.

Abandi:
Roberto Oliveira – Umutoza
Sameul Omollo – Umutoza
Patrick Odhiambo – Umutoza wungirije
Jolawi Obondo – Team Manager

Willis Ochieng’- Umutoza w’abanyezamu
Fredrick Otieno – Muganga w’ikipe
Victor Otieno – Logistics
Dolfina Odhiambo: Umuyobozi wa delegasiyo

Jules Ulimwengu wahoze muri Rayon Sports ntari mu bakinnyi bazana na Gor Mahia mu Rwanda
Jules Ulimwengu wahoze muri Rayon Sports ntari mu bakinnyi bazana na Gor Mahia mu Rwanda
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka