Rayon Sports yatsindiye i Rubavu, APR yongera gutsindwa mu gikombe cy’Amahoro

Mu mikino ya 1/8 y’igikombe cy’Amahoro yabaye kuri uyu wa Kane, APR yatsinzwe na AS Kigali, naho Rayon Sports itsindira Marines i Rubavu

Kuri Stade Umuganda Rayon Sports y’abakinnyi 10 yatsinze Marines

Abafana ba Rayon Sports i Rubavu
Abafana ba Rayon Sports i Rubavu

Wari umukino wari urimo ishyaka ryinshi, aho Rayon Sports yaje gutsinda igitego 1-0, igitego cyatsinzwe na Jules Ulimwengu ku munota wa 76, nyuma y’aho Manishimwe Djabel yari amaze guhabwa ikarita itukura.

I Nyamirambo, APR FC yari yakiriye umukino yatsinzwe na AS Kigali

Ni umwe mu mikino wari utegerejwe n’abantu benshi, aho AS Kigali minota ya nyuma y’umukino yaje gutsinda APR c igitego 1-0, cyatsinzwe na Nshimiyimana Marc Govin wazamukiye muri iyi kipe.

Uko imikino yose ibanza ya 1/8 yagenze

Ku wa Kabiri tariki 12/06/2019

Intare 2-1 Bugesera
Etoile de l’Est 1-2 Police Fc
Espoir Fc 0-0 Gicumbi Fc
Mukura 1-3 Kiyovu

Kuri uyu wa Gatatu tariki 13/06/2019

APR FC 0-1 As Kigali
Marines 0-1 Rayon Sports
Gasogi 1-0 Rwamagana
Hope FC 2-2 Etincelles FC

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka