Rayon Sports yatashye amacumbi yubakiwe na Skol (AMAFOTO)

Ikipe ya Rayon Sports yaraye imurikiwe amacumbi yubakiwe n’umuterankunga wayo Skol. amacumbi ashobora kwakira abakinnyi 40

Ku cyicaro cy’uruganda rwa Skol ruri mu Nzove, ari naho hari ikibuga cy’imyitozo cya Rayon Sports, haraye habaye umuhango wo gutaha amacumbi Rayon Sports yubakiwe na Skol.

Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi ndetse n’abakinnyi ba Rayon Sports, abayobozi ba Skol, Visi Perezida wa Ferwafa ndetse n’abafana ba Rayon Sports.

Perezida w’ikipe ya Rayon Sports Paul Muvunyi, yashimiye uruganda rwa Skol ku nkunga bakomeje gutera ikipe yabo.

"Birashimishije cyane kuba uyu munsi abakinnyi bacu bamaze kubona amacumbi bazajya baruhukiramo, ni bimwe mu byajyaga bidutwara amafaranga menshi, turashimira Skol kuba yadufashije kuyabona"

Umuyobozi mukuru wa Skol mu Rwanda Ivan Wulfaërt, yatangaje ko ari iby’agaciro gukorana n’ikipe ya mbere ikunzwe mu Rwanda, anatangaza ko ari intangiriro y’ibyiza.

" Ndashimira cyane abayobozi ba Rayon Sports; abakinnyi ndetse n’abafana, by’umwihariko kuba barabashije kwegukana igikombe cya Shampiyona, ndabizeza ko tuzakomeza gukorana neza"

Amwe mu mafoto yaranze uyu muhango

Amafoto: Roger Marc Rutindukanamurego

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

reyospor kwitakubakinyibayo ningombwa.igikombe camahoro cyatugwaneza.a p r,yirangayeho.imbuhwe zabareyo zikatishrije tike aperi.aesikigari1-2reyo.ni hagena masisi.reyo oyeeee!!!

hagena ruolend yanditse ku itariki ya: 24-06-2019  →  Musubize

nice place congs rayon

charles yanditse ku itariki ya: 15-06-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka