Rayon Sports yatangaje Simon Tamale nk’umunyezamu wayo mushya (AMAFOTO)

Umunyezamu Simon Tamale ukomoka muri Uganda yamaze kwemezwa nk’umunyezamu mushya w’ikipe ya Rayon Sports mu gihe cy’umwaka umwe

Simon Tamale w’imyaka 28 wakiniraga ikipe ya Maroons FC muri Uganda yamaze gusinyira Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe azageza mu mpeshyi ya 2024, avuye mu ikipe ya Maroons Fc yo mu cyiciro cya mbere muri Uganda.

Simon Tamale yasinye amasezerano y'umwaka umwe
Simon Tamale yasinye amasezerano y’umwaka umwe

Ikipe ya Rayon Sports ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yemeje ko uyu munyezamu yamaze gusinya nyuma yo gukorerwa isuzuma ry’uko ubuzima bwe buhagaze.

Simon Tamale yabanje gukorerwa isuzuma ry'ubuzima
Simon Tamale yabanje gukorerwa isuzuma ry’ubuzima

Uyu munyezamu mu mwaka w’imikino asoje mu ikipe ya Maroons FC yakinnyemo imikino 23, ikipe ye itsindwamo ibitego 11 gusa, mu gihe muri iyo mikino 23 yakinnye 13 muri yo yayirangije nta gitego kinjiye mu izamu rye.

Ku wa Gatatu tariki 28 Kamena ni bwo Simon Tamale yumvikanye na Rayon Sports ko azayikinira, mu gihe yanifuzwaga n’ikipe ya Mukura VS yo mu karere ka Huye.

Uyu munyezamu abaye umukinnyi wa mbere ikipe ya Rayon Sports itangaje ku mugaragaro ko yamaze kuyisinyira, n’ubwo harimo abandi bivugwa ko bamaze kuyisinyira barimo Serumogo Ally n’abandi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka