Rayon Sports na AS Kigali zatsinze imikino ibanza ya 1/4, KNC avuga ko yibwe

Mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro, amakipe ya Rayon Sports, Police FC na AS Kigali zatsinze imikino ibanza, KNC wa Gasogi avuga ko atanyuzwe

Kuri uyu wa Kabiri kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo habereye imikino ibiri ibanza ya 1/4 mu gikombe cy’Amahoro, mu gihe i Ngoma ho habereye umukino umwe.

Igitego cya Tchabalala cyahaye intsinzi ya mbere umutoza Cassa Mbungo

Ku i Saa Cyenda zuzuye ni bwo umukino wahuje AS Kigali na Gasogi wari utangiye, umukino waje kurangira AS Kigali itsinze igitego 1-0, cyatsinzwe na Shabban Hussein Tchabalala mu gice cya kabiri cy’umukino.

Rayon Sports ku itara yatsinze Bugesera

Undi mukino wakurikiyeho wabaye ku i Saa kumi n’ebyiri zuzuye, aho Rayon Sports yahise itsinda igitego hakiri kare ku munota wa 12, gitsinzwe na Musa Esenu n’umutwe, kuri Coup-franc yari itewe na Iranzi Jean Claude.

Undi mukino wabereye kuri Stade y’i Ngoma, aho Etoile de l’Est mu rugo yahatsindiwe na Police FC ibitego 2-1.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ngo Gasogi bayibye! Ahubwo ndumiwe. 1/0 yaratsinzwe na Gorilla. Yagombaga kurya nka 5. Ko ntacyo yatangaje yatsinzwe na Gorilla 3/1. Ntimukadusetse. Nari nzi ko Gasogi irya byinshi.

Alias yanditse ku itariki ya: 27-04-2022  →  Musubize

Ngo Gasogi bayibye! Ahubwo ndumiwe. 1/0 yaratsinzwe na Gorilla. Yagombaga kurya nka 5. Ko ntacyo yatangaje yatsinzwe na Gorilla 3/1. Ntimukadusetse. Nari nzi ko Gasogi irya byinshi.

Alias yanditse ku itariki ya: 27-04-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka