Rayon Sports igiye gutangiza ikipe y’abagore n’irerero ry’abana "Académie"

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko ubu igiye gutangiza ikipe y’umupira w’amaguru y’abagore, ndetse n’irerero ry’abana "Académie"

Perezida w’ikipe ya Rayon Sports Uwayezu Jean Fidéle yatangaje ko guhera uku kwezi ikipe ya Rayon Sports igiye kongera kugira ikipe y’abagore, ikipe yigeze kubaho ariko isenyuka nyuma y’igihe gito cyane.

Ibi bikubiye mu masezerano mashya Rayon Sports yasinyanye na Skol
Ibi bikubiye mu masezerano mashya Rayon Sports yasinyanye na Skol

Ibi yabitangaje mu muhango wo gusinya amasezerano mashya n’uruganda rwa Skol, rukazanagira uruhare mu mibereho y’iyi kipe kuko izagenerwa ingengo y’imari mu mafaranga azajya atangwa n’uruganda rwa Skol.

Usibye kandi iyi kipe y’abagore, Rayon Sports yatangaje ko guhera mu kwa mbere k’umwaka wa 2023, bazatangiza irerero rizajya rikorera ku kibuga cy’imyitozo cyo mu Nzove

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka