#Qatar2022: Bitunguranye! Arabie Saoudite itsinze Argentine

Mu mukino wa mbere mu itsinda rya gatatu ry’igikombe cy’isi 2022 wabaye kuri uyu wa kabiri, ikipe y’igihugu ya Arabie Saoudite yatunguranye itsinda Argentine ihabwa amahirwe yo gutwara igikombe ibitego 2-1.

Ibyishimo ni byinshi ku bakinnyi ba Arabie Saoudite
Ibyishimo ni byinshi ku bakinnyi ba Arabie Saoudite

Mbere yuyu mukino Argentine yahabwaga amahirwe yo gutsinda mu buryo busa nkubworoshye. Ibi ninako yabitangiye ikina neza kuko ku munota wa cumi Lionel Messi yatsinze igitego cya mbere kuri penaliti.

Lionel Messi amaze gutsinda igitego kimwe rukumbi ikipe ya Argentine yabonye muri uyu mukino
Lionel Messi amaze gutsinda igitego kimwe rukumbi ikipe ya Argentine yabonye muri uyu mukino

Ku munota wa 29 Lautaro Martinez yatsinze igitego ariko umusifuzi avuga ko habayeho kurarira igice cya mbere kirangira ari 1-0.

Mu gice cya kabiri Arabie Saoudite yagitangiye ikina neza cyane yatinyutse byatumye ku munota wa 48 Saleh Al-Shehri ahabwa umupira na Firas Al-Buraikan atsinda igitego cya mbere cyo kwishyura.

Saleh Al Shehri watsinze igitego cya mbere cya arabie saoudite
Saleh Al Shehri watsinze igitego cya mbere cya arabie saoudite

Arabie Saoudite yakomeje gukina neza bituma nyuma y’iminota itanu gusa ku munota wa 53 Salem Al-Dawsari yahaye amahirwe igihugu cye atsinda igitego cya kabiri. Argentine yakoze ibishoboka byose ngo yishyure inabone intsinzi ariko umukino urangira itsinzwe ibitego 2-1.

Salem Al Dawsari atera ishoti ryavuyemo igitego cya kabiri cya Arabie Saoudite
Salem Al Dawsari atera ishoti ryavuyemo igitego cya kabiri cya Arabie Saoudite
Salem Al Dawsari uri mu kirere yishimira igitego cya kabiri yatsinze
Salem Al Dawsari uri mu kirere yishimira igitego cya kabiri yatsinze

Arabie Saoudite itsinze Argentine ku rutonde ngaruka kwezi rwa FIFA ruheruka gusohoka tariki ya 6 Ukwakira 2022 iri ku mwanya wa 51 mu gihe Argentine iri ku mwanya wa gatatu ku Isi.

Arabie Saoudite nyuma yuko umusifuzi asoje umukino
Arabie Saoudite nyuma yuko umusifuzi asoje umukino

Muri iri tsinda saa kumi nebyeyi Pologne irakina na Mexique.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka