Perezida wa FERWAFA yeguye

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Nizeyimana Mugabo Olivier yeguye avuga ko ari impamvu zikomeye zituma adakomeza kuyobora

Kuri uyu wa Gatatu tariki 19/04/2023, Nizeyimana Mugabo Olivier wari Perezida wa FERWAFA yatangaje ko yeguye ku nshingano yari yaratorewe.

Perezida wa FERWAFA yeguye
Perezida wa FERWAFA yeguye

Nizeyimana Mugabo Olivier yatowe tariki 27/06/2021 asimbuye nyuma uwari Perezida wa Ferwafa Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damasceme nawe wari weguye.

Perezida wa FERWAFA yeguye nyuma y’umwuka mubi umaze iminsi uvugwa muri iri shyirahamwe, aho abanyamuryango bagiye bagaragaza ko hari ibyo batishimiye byanatumye hari hatumijwe umwiherero mu mpera z’iki cyumweru.

Kugeza ubu uwari Visi-Perezida wa FERWAFA Habyarimana Marcel araba ayoboye FERWAFA by’agateganyo kugeza hatowe komite nshya.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

OLivier wari waratinze kabisa ,gusa abagushyizeho bagutesheje agaciro bakunaniza !!!@!Usigara udashobora gufata icyemezo na kimwe.

Rugero yanditse ku itariki ya: 19-04-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka