Nyagatare: Akarere katangije Ikipe ya Karate ihiga guhigika andi yo mu gihugu

Abakinnyi 42 barimo abahungu 34 n’abakobwa 8 nibo bamaze gutoranywa kuzagira ikipe y’akarere ka Nyagatare y’umukino wa karate.

Ikipe y'akarere ka Nyagatare
Ikipe y’akarere ka Nyagatare

Nsanzumwami Esdras kapiteni wa Nyagatare Karate do Club avuga ko kugira ikipe y’akarere bizazamura umukino wa karate muri Nyagatare

Ati “Mu marushawa menshi akunze kuba akarere kacu ntikagaragaramo ariko ndizera ko iryo mu kwa cumi n’abiri tuzaryitabira. Bizatuma akarere kamenyekana ndetse n’umukino ukundwe unakinwe na benshi.”

Abagize ikipe y’akarere babonetse binyuze mu marushanwa yahuje amakipe 9 yo mu mirenge 8, yitabirwa n’abakinnyi 140 abahungu n’abakobwa.

Abakinnyi batoranijwe harimo icyiciro cy’abakobwa mu kwiyereka ( Kata) no mu mirwano ( Kumite), icyiciro cy’abana bari munsi y’imyaka 16 nabo muri kata na kumite, n’icyiciro cy’abakuru muri kata na kumite.

Abakinnyi 42 barimo abahungu 34 n’abakobwa 8 nibo bamaze gutoranywa kuzagira ikipe y’akarere ka Nyagatare y’umukino wa karate.

Abakinnyi ba Nyagatare Kaarate Do bahize guhigika andi makipe
Abakinnyi ba Nyagatare Kaarate Do bahize guhigika andi makipe

Batamuriza Brigitte wo mu Murenge wa Katabagemu afite imyaka 9 yiga mu mwaka wa 3 w’amashuri abanza.

Yemeza ko kwiga karate yabikundishijwe n’umubyeyi we. Avuga ko namara kubimenya neza azajya arinda umubyeyi we no kwirwanaho mu gihe hari ushatse kumusagarira.

Agira ati “ Ngeze ku mukandara w’umuhondo. nimbona uwirabura nzaba nabimenye neza ku buryo nzajya mperekeza mama ku isoko murinze, ariko nanjye uzansagarira nzajya mpangana nawe kabone n’ubwo yaba ari umugabo.”

Batamuliza Brigitte ngo namara Kumenya Karate azajya arinda maman we nawe yirinde
Batamuliza Brigitte ngo namara Kumenya Karate azajya arinda maman we nawe yirinde

Twahirwa Theonste umukozi w’Akarere ka Nyagatare ufite siporo mu nshingano, yemeza ko nibamara kwemererwa kuzitabira amarushanwa, ikipe izajya ihurizwa hamwe mu mujyi wa Nyagatare nibura ukwezi mbere y’amarushanwa.

Avuga ko bagiye gushaka abatoza kugira ngo amarushanwa bazajya bitabira bage bayitwaramo neza.

Ikipe yatoranyijwe biciye mu marushanwa
Ikipe yatoranyijwe biciye mu marushanwa
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka