Muvandimwe JMV yemereye amatike y’ubuntu abafana ba Mukura VS b’i Kansi

Myugariro mushya wa Mukura VS Muvandimwe JMV yemereye abafana 20 b’iyi kipe batuye i Kansi aho umuryango we ukomoka amatike yo kwinjira ku mukino wa mbere bazakira.

Muvandimwe JMV ni umukinnyi mushya wa Mukura VS mu myaka ibiri iri imbere
Muvandimwe JMV ni umukinnyi mushya wa Mukura VS mu myaka ibiri iri imbere

Ibi Muvandimwe JMV yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Kigali Today aho yavuze ko yishimiye kujya gukina mu rugo anemerera abafana 20 ba Mukura VS by’umwihariko batuye i Kansi mu karere ka Gisagara amatike y’ubuntu.

Yagize ati "Gukinira i Huye ni byiza kuko ababyeyi banjye ni ho bakomoka n’ubwo njyewe navukiye i Kigali ariko niteguye kuzatanga ibyishimo. Uretse kubashimisha ariko nemereye amatike abantu 20 b’i Kansi mu karere ka Gisagara ku mukino wa mbere tuzakira.”

Aya matike Muvandimwe JMV yemereye abakunzi ba Mukura VS b’i Kansi aho akomoka avuga ko kugeza ubu uwayishaka yamuvugisha anyuze ku mbuga nkoranyambaga ze mu gihe ariko n’ubundi azakoresha umwe mu bantu batuye i Kansi akabafasha kuyabona.

Muvandimwe JMV yemereye abafana 20 b
Muvandimwe JMV yemereye abafana 20 b’i Kansi aho bumvira KT Radio ku murongo w’i 107.9 FM amatike y’ubuntu

Muvandimwe JMV aheruka gusinyira Mukura VS amasezerano y’imyaka ibiri ayikinira nyuma yo gusoza amasezerano mu ikipe ya Rayon Sports yari yagezemo muri 2021.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka