Ni mu mukino w’ikirarane wabereye kuri stade ubworoherane tariki 30 Mutarama 2019, aho amakipe yombi yagiye abona uburyo bwo gutsinda ariko kuboneza mu izamu bikanga.
N’ubwo amakipe yombi yanganyije 0-0, nyuma y’umukino abafana b’ikipe ya Musanze n’umutoza Ruremesha bagaragaje akanyamuneza, bamwe bavuga ko barokotse Mukura VS nyuma y’uko iyo kipe ya Mukura yahushije igitego cyari cyabazwe ku munota wa nyuma.
Ni umupira watewe na Romami hafi yo muri koruneri, Twizerimana Onesme ashyira ku mutwe umupira ukomeye, Ndayisaba Olivier umunyezamu wa Musanze witwaye neza muri uwo mukino, akuramo umupira mu gihe abafana n’abakinnyi ba Mukura bari barangije kwishimira igitego.
N’ubwo uwo munyezamu yarokoye ikipe ye, Wilonja Ismael umunyezamu wa Mukura VC na we ntiyoroheye ba Rutahizamu ba Musanze FC barimo Pekeyake, Mbonyingabo Regis na Kaburuta nyuma yo kugirirwa icyizere n’umutoza Haringingo Francis wari wicaje Rwabugiri Omar.
Umutoza Haringingo aganira na Kigali Today, yavuze ko yakinnye neza ariko akabura amahirwe. Ngo yababajwe n’igitego cyakuwemo n’umunyezamu wa Musanze ku munota wa nyuma.
Uwo mutoza wa Mukura avuga ko imikino ibiri y’ibirarane agiye kuyitegura neza akayitsinda, akagera ku manota 36 ahesha ikipe ye kunganya na APR FC ifite amanota 36 mu gihe Rayon Sports ifite amanota 32.
Ruremesha, umutoza wa Musanze yashimiye abakinnyi be uburyo bitwaye bahagarika umuvuduko wa Mukura VS, avuga ko mu mikino yo kwishyura yiteguye kwitwara neza nyuma yo kwemererwa kugurirwa ba rutahizamu bashoboye.
Mu bataha izamu batatu ikipe ya Musanze yifuza gukoresha mu mikino yo kwishyura, harimo Kambale Salita Gentil wahoze mu ikipe ya Marines, kuri ubu we akaba yaramaze kugurwa n’iyo kipe ya Musanze.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|