Mu rugendo rugoranye, Amavubi yageze Agadir muri Maroc (AMAFOTO)

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” yageze Agadir muri Maroc aho igomba gukinira na Mali, mu rugendo iyi kipe yagenze amasaha 24

Ku i Saa Saba z’ijoro z’uyu munsi, ni bwo ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” yari igeze aho icumbitse mu mujyi wa Agadir muri Maroc, aho igiye gukina umukino wo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’isi, umukino uzayihuza na Mali kuri uyu wa Gatatu.

Ikipe yageze Agadir mu gicuku
Ikipe yageze Agadir mu gicuku

Amavubi yari yahagurtse ku Cyumweru saa Munani z’ijoro, aca Entebbe muri Uganda aho bamaze isaha , nyuma bakomereza Istanbul aho bahise bafatira indege ijya Casablanca aho baje kugera bagatinzwa no guhabwa Visa ya Maroc, byatumye indege yagombaga Agadir ibasiga, nyuma baza gufata indi.

Perezida wa Ferwafa Nizeyimana Mugabo Olivier ni we wagiye ayoboye delegasiyo
Perezida wa Ferwafa Nizeyimana Mugabo Olivier ni we wagiye ayoboye delegasiyo

Umutoza w’ikipe y’igihugu Mashami Vincent yavuze ko gukora urugendo nk’uru bisaba akazi katoroshye ngo utegure abakinnyi mu mutwe, anavuga ko kandi kuba Mali itazakinira iwayo ntacyo bivuze cyane ko icy’ingenzi ari ugutegura neza umukino

Yagize ati "Turashima Imana kuba tugeze Agadir amahoro. Abakinnyi baba bakoresheje imibiri yabo ku buryo bisaba akazi katoroshye kubategura cyane cyane ibijyanye no kuruhura imibiri yabo ndetse no kubategura mu mutwe nyuma y’urugendo rw’amasaha agera kuri 24.’’

‘’Gukinira na Mali hanze y’Igihugu cyabo bishobora gukora itandukaniro cyangwa ntibigire itandukaniro bikora ku bijyanye n’umusaruro wo mu kibuga kuko aho umupira ugeze muri iki gihe ushobora gutsindira mu rugo cyangwa ugatsindira hanze kuko byose birashoboka. Ibyo ntabwo tubirebaho cyane ahubwo ikituraje ishinga ni ukureba imikinire ya Mali tugategura amayeri y’umukino ashobora kudufasha kubona umusaruro twifuza muri uyu mukino naho ibyo kuba tutakiniye muri Mali ntabwo tubyitayeho cyane.’’

Amavubi yamaze kugera Agadir
Amavubi yamaze kugera Agadir

ABAKINNYI B”AMAVUBI BEREKEJE MURI MAROC

ABANYEZAMU

MVUYEKURE Emery
BUHAKE Twizere Clément
NDAYISHIMIYE Eric

AB’INYUMA

FITINA Omborenga
RUKUNDO Denis
RUTANGA Eric
IMANISHIMWE Emmanuel
RWATUBYAYE Abdul
MANZI Thierry
NIRISARIKE Salomon
NGWABIJE Bryan Clovis
BAYISENGE Emery

ABO HAGATI

BIZIMANA Djihad
TWIZERIMANA Martin Fabrice
MUHIRE Kévin
MUKUNZI Yannick
NIYONZIMA Olivier
NIYONZIMA Haruna
RAFAEL York

AB’IMBERE

KAGERE Medie
TUYISENGE Jacques
BYIRINGIRO Lague
TWIZERIMANA Onesme
HAKIZIMANA Muhadjir

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka