La Jeunesse isezereye ESPOIR FC, Gasogi na Bugesera nazo zirakomeza mu gikombe cy’Amahoro

Mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro ryakomeje kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya La Jeunesse yongeye gutungurana isezerera Espoir FC yo mu cyiciro cya mbere

Kuri uyu wa Gatatu hakomeje imikino y’ijonjora ry’ibanze mu gikombe cy’Amahoro, aho hakinwaga imikino yo kwishyura ku bibuga bine bitandukanye.

Marine FC nayo yabonye itike ya 1/8
Marine FC nayo yabonye itike ya 1/8

Ikipe ya La Jeunesse yari yatsinze Espoir FC mu mukino ubanza ibitego 3-2, yaje kunganyiriza i Rusizi igitego 1-1, Espoir FC ihita isezererwa.

Gasogi United yasezereye Heroes
Gasogi United yasezereye Heroes

Uko imikino yo kwishyura imaze kuba yagenze

 Marines 1-0 Nyanza FC ( 2-0)

 Bugesera FC 3-0 UR (9-0)

 Espoir 1-1 La Jeunesse (3-4)

 Etincelles FC 1-1 Rutsiro FC (3-2)

 Gasogi Utd 3-1 Heroes (5-2)

Iyi mikino irakomeza kuri uyu wa Kane aho umukino utegerejwe cyane uzahuza Intare FC n’ikipe ya Musanze Fc, mu gihe tombola y’uko amakipe azahura muri 1/8 iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu.

Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Kane

Intare vs Musanze (1-1)
Gicumbi vs Gorilla(1-1)
Amagaju vs Impeesa(1-0)
Etoile de l’Est vs Interforce(2-0)

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka