Ubwo ikipe ya Kiyovu Sports yiteguraga gukina na Marines ku munsi wa 12 wa shampiyona, rutahizamu Armel Ghislain yaje gukurwa ku rutonde rw’abakinnyi bakina uwo mukino ku munota wa nyuma, ashinjwa kuba yamaze gusinya amasezerano mu ikipe ya AS Kigali ndetse akaba yari yamaze no guhabwa amafaranga yo gusinya amasezerano y’ibanze.

Nyuma yaho uyu mukinnyi yaje kwandikira ikipe ya Kiyovu Sports ayisaba imbabazi, anemera ko ikipe ya AS Kigali yamushutse akayisinyira nyamara amasezerano ye atararangira.
Kuri uyu munsi ni bwo ikipe ya Kiyovu Sports yari yanamuhagaritse yaje kugeza ibaruwa mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa, irega ikipe ya AS Kigali ko yishe amategeko agenga igura n’igurisha ry’abakinnyi.
Muri iyi baruwa Kiyovu Sports igaragaza ko AS Kigali yakoze amakosa atatu ari yo gusinyisha umukinnyi wayo tariki 04/12/2019 itamenyesheje Kiyovu, kutubahiriza amezi atandatu asabwa ngo uvugane cyangwa usinyishe umukinnyi ufite andi masezerano, ndetse no gukura umukinnyi wabo mu mwiherero w’ikipe.
Ibaruwa Kiyovu Sports yandikiye Ferwafa irega AS Kigali



National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Nibyokoko as Kigali igomba guhanwa kandi bikabera isomo nandi makipe
ubwox sumugambanyi ra