Gasogi United yerekanye abatoza bashya biyemeza kuza mu makipe ane ya mbere

Ikipe ya Gasogi United yamaze gutangaza abatoza bashya babiri bakomoka mu Misiri, batangaza ko intego ari ukuza mu makipe ane ya mbere

Kuri uyu wa Mbere ikipe ya Gasogi United yatangaje ku mugaragaro abatoza bazayitoza mu mwaka w’imikino wa 2022/23.

Ahmed Umutoza mukuru Abdelrahman Adel yeretswe itangazamakuru
Ahmed Umutoza mukuru Abdelrahman Adel yeretswe itangazamakuru

Umutoza mukuru wa Gasogi United azaba ari Ahmed Abdelrahman Adel, akazaba yungirijwe na Bahaaeldin Ibrahim, mu gihe umutoza w’abanyezamu nawe ari gushakishwa.

Bahaaeldin Ibrahim azaba ari umutoza wungirije
Bahaaeldin Ibrahim azaba ari umutoza wungirije

Perezida wa Gasogi United Kakooza Nkuriza Charles "KNC" yavuze ko aba batoza bahawe amasezerano y’umwaka umwe ushobora no kongerwa, bahagwa intego zo gukura Gasogi mu gisuzuguriro ikaba ikipe iharanira ibikombe.

Umutoza mukuru Ahmed Abdelrahman Adel wigeze no gutoza ikipe ya Musanze FC yavuze ko intego afite ari uguhatana ikipe ya Gasogi ikaza biyibura mu makipe ane ya mbere

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka