FIFA yategetse AFC Leopards kwishyura Habamahoro Vincent Miliyoni zisaga 15 Frws

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryategetse ikipe ya AFC Leopards kwishyura Habamahoro Vincent amafaranga asaga Miliyoni 15 Frws cyangwa igafatirwa ibihano

Umunyarwanda Habamahoro Vincent kuri ubu ukinira ikipe ya Kiyovu Sports, akaba yaragiye muri AFC Leopards n’ubundi ari yo aturutsemo, yatsinze urubanza yarezemo iyi kipe bituma FIFA iyica amafaranga angana na Miliyoni 15.3 Frws

Habamahoro Vincent agomba kwishyurwa asaga Miliyoni 15 Frws
Habamahoro Vincent agomba kwishyurwa asaga Miliyoni 15 Frws

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi “FIFA” ryahise ritegeka iyi kipe yo muri Kenya guha Habamahoro Vincent ariya mafaranga bitarenze iminsi 45, itabyubahiriza igafatirwa ibindi bihano birimo kumara imyaka itatu itagura umukinnyi n’umwe.

Iyi kipe ya AFC Leopards yaciwe amafaranga nyuma yo kutubahiriza ibyari bikubiye mu masezerano yagiranye n’iyi kipe, ahoy amaze amezi ane itamuhemba bigatuma anatandukana nayo mu Kuboza 2019.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka