Byemejwe ko Rayon Sports izakina n’Intare FC umukino wo kwishyura

Nyuma y’impaka n’inama zitandukanye, byemejwe ko ikipe ya Rayon Sports igomba gukina n’Intare FC umukino wo kwishyura mu gikombe cy’Amahoro

Komisiyo y’ubujurire ya FERWAFA yamaze gufata umwanzuro nyuma y’ikibazo cyari kimaze iminsi hagati ya Rayon Sports n’Intare FC.

Nyuma y’inama zitandukanye zabaye, haje gufatwa umwanzuro w’uko hagomba gukinwa umukino wo kwishyura hagati y’impande zombi, aho ubanza wari warangiye Rayon Sports itsinze Intare FC ibitego 2-1 mu mukino wari wabereye i Shyorongi.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ribinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter ryagize riti" Komisiyo y’Ubujurire muri FERWAFA yemeje ko icyemezo cyafashwe na Komisiyo ishinzwe amarushanwa cyo ku wa 20/03/2023 kidahindutse, Rayon Sports na Intare FC zizakina, umukino wo kwishyura wa 1/8 w’igikombe cy’amahoro, itariki uzakinirwaho bakazayimenyeshwa na FERWAFA."

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Nta kundi gusa bigaragaje intege nke muri FERWAFA......

Ntabwo byari bikwiye kuba byarageze aha hose.

BYINZUKI JEAN BAPTISTE yanditse ku itariki ya: 5-04-2023  →  Musubize

Yewe ibya ferwafa ni ikinamico pe !

Habinshuti Protogene yanditse ku itariki ya: 5-04-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka