Komisiyo y’ubujurire ya FERWAFA yamaze gufata umwanzuro nyuma y’ikibazo cyari kimaze iminsi hagati ya Rayon Sports n’Intare FC.
![](IMG/jpg/arton8982.jpg)
Nyuma y’inama zitandukanye zabaye, haje gufatwa umwanzuro w’uko hagomba gukinwa umukino wo kwishyura hagati y’impande zombi, aho ubanza wari warangiye Rayon Sports itsinze Intare FC ibitego 2-1 mu mukino wari wabereye i Shyorongi.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ribinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter ryagize riti" Komisiyo y’Ubujurire muri FERWAFA yemeje ko icyemezo cyafashwe na Komisiyo ishinzwe amarushanwa cyo ku wa 20/03/2023 kidahindutse, Rayon Sports na Intare FC zizakina, umukino wo kwishyura wa 1/8 w’igikombe cy’amahoro, itariki uzakinirwaho bakazayimenyeshwa na FERWAFA."
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Nta kundi gusa bigaragaje intege nke muri FERWAFA......
Ntabwo byari bikwiye kuba byarageze aha hose.
Yewe ibya ferwafa ni ikinamico pe !