Bashunga Abouba wakiniraga Rayon Sports yasinye imyaka ibiri muri Zambia

Uwari umunyezamu wa Rayon Sports Bashunga Abouba, yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Buildcon yo muri Zambia

Bashunga Abouba wari wasabye Rayon Sports bwo kuba yakwerekeza mu yindi kipe akanabuhabwa, ubu yamaze kuba umukinnyi wa Buildcon yo muri Zambia.

Iyi kipe izanahagararira Zambia mu mikino ya CAF Confederation Cup, isanzwe ikinamo na Usengimana Faustin bakinanye muri Rayon Sports, akaba yaraguriwe na David Nshimirimana wakiniraga Mukura VS.

Bashunga Abouba wazamukiye mu ishuri ry’umupira rya APR FC , yanakiniye amakipe nka Gicumbi FC, Bandari FC yo muri Kenya, ndetse na Rayon Sports yamenyekaniyemo cyane.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka