AS Kigali yasinyishije Jamil Kalisa wakinaga muri Vipers ya Uganda (AMAFOTO)

Ikipe ya AS Kigali nyuma yo gusinyisha abatoza bakomoka Uganda, imaze no gusinyisha Jamil Kalisa wakiniraga Vipers yo muri Uganda

Kuri uyu wa Kane ikipe ya AS Kigali imaze gusinyisha umukinnyi wakinaga mu kibuga hagati mu ikipe ya Vipers yo muri Uganda.

Kalisa Jamil yamaze kuba umukinnyi wa AS Kigali
Kalisa Jamil yamaze kuba umukinnyi wa AS Kigali

Uyu mukinnyi mu minsi ishize yigeze guhamagarwa mu ikipe y’igihugu "AMAVUBI" ariko ntiyigeze ahabwa umwanya wo gukina n’ubwo yaje mu bakinnyi 18.

Shema Fabrice, Perezida wa AS Kigali yavuze ko gahunda kongera imbaraga mu ikipe ikomeje
Shema Fabrice, Perezida wa AS Kigali yavuze ko gahunda kongera imbaraga mu ikipe ikomeje

Ikipe ya AS Kigali kuri uyu wa Gatatu ni bwo yerekanye abatoza bashya ari bo Mike Mutebi nk’umutoza mukuru, aho azaba yungirijwe na Jackson Mayanja, aba bombi bakaba bakomoka mu gihugu cya Uganda.

AMAFOTO:Niyonzima Moise

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka