Arsène Wenger yageze mu Rwanda

Umufaransa wamamaye nk’umutoza wa Arsenal, Arsene Wenger, ari mu Rwanda aho azitabira Inama y’Inteko rusange y’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) izaba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Gicurasi 2021 muri Serena Hotel.

Arsène Wenger yamamaye cyane mu ikipe ya Arsenal yatozaga
Arsène Wenger yamamaye cyane mu ikipe ya Arsenal yatozaga

Arsene Wenger ari kumwe na Perezida wa FIFA Gianni Infantino, aba bombi bakazitabira Inama y’Inteko rusange ya CAF izayoborwa na Perezida wa CAF Dr Patrice Motseppe.

Imwe mu ngingo zizagarukwaho ni umushinga wa Miliyari y’Amadolari yo kubaka Sitade mu bihugu binyamuryango bya CAF aho mu rutonde rw’ibihugu 56, ibihugu 22 muri byo nta Sitade mpuzamahanga bifite bizemerera kwakira amarushanwa nyafurika cyangwa indi mikino mpuzamahanga.

Icyumba cya Serena Hotel kizaberamo inama kirateguye
Icyumba cya Serena Hotel kizaberamo inama kirateguye

Arsene Wenger Ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru muri FIFA ari mu Rwanda nk’uzatanga inama ku cyakorwa muri Afurika kugira ngo ruhago yaho itere imbere mu buryo bwose.

Arsene Charles Ernest Wenger OBE yamamaye muri Arsenal aho yatangiye kuyitoza mu mwaka wa 1996 kugera mu mwaka wa 2018. Bimwe mu bihe abakunzi ba Arsenal bamwibukiraho ni ukubaka Sitade Emirates ndetse no gutwara igikombe cya Shampiyona muri 2002 adatsinzwe.

Arsène Wenger ubu arabarizwa mu Rwanda
Arsène Wenger ubu arabarizwa mu Rwanda
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Turakwishimiye musaza kugera mu Rwanda

Orivier cavani yanditse ku itariki ya: 16-05-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka