APR FC yatsinze Sunrise, Gasogi itsinda Etincelles

Ikipe ya APR FC ikomeje kwitegura ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League aho izakina na Gormahia yo muri Kenya yatsinze umukino wa gicuti yakinnyemo na Sunrise FC ibitego 2 kuri 1, Gasogi United na yo itsinda Etincelles FC igitego kimwe ku busa mu mukino wa gicuti.

APR FC ikomeje imyiteguro ya CAF Champions League
APR FC ikomeje imyiteguro ya CAF Champions League

Ni imikino yabaye ku wa kane tariki ya 12 Ugushyingo 2020, ibera ku bibuga bitandukanye.

Ikipe ya APR FC yatsinze Sunrise FC ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo.

Gasogi United yatsinze Etincelles FC
Gasogi United yatsinze Etincelles FC

APR FC yakinaga umukino wa karindwi wa gicuti yatsindiwe na Yannick Bizimana ku munota wa 37 na Mushimiyimana Mohammed watsinze igitego ku munota wa 90 w’umukino.

Igitego cya Sunrise cyatsinzwe na Yafes Mubiru ku munota wa 76, mu gihe Mugabo Emmy yahawe ikarita y’umutuku.

Kuri stade ya Rubavu, ikipe ya Gasogi United yahatsindiye Etincelles igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Iradukunda Jean Bertrand ku munota wa 70 w’umukino.

Gasogi United ni wo mukino wa mbere itsinze mu mikino ine imaze gukina. Iyi kipe itozwa na Cassa Mbungo André yanganyije na Vision FC, yatsinzwe na Gorilla FC na Marines FC, itsinda Etincelles.

Mu mpera z’iki cyumweru ikipe ya APR FC izakina na Etincelles FC Ku cyumweru tariki ya 15 Ugushyingo 2020.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka