APR FC yatsinze Etoile de l’Est biyigabanyiriza amahirwe yo kuguma mu cyiciro cya mbere

Kuri iki cyumweru kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo, ikipe ya APR FC mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona, yahatsindiye Etoile del’Est ibitego 3-1 bikomeza kumanura icyizere cy’iyi kipe y’Iburasirazuba, cyo kuba yaguma mu cyiciro cya mbere.

Abakinnyi 11 ba APR FC babanje mu kibuga
Abakinnyi 11 ba APR FC babanje mu kibuga

Ikipe ya APR FC irimo guhatanira igikombe cya shampiyona, umukino isa n’aho yawurangije mu gice cya mbere kuko muri iyo minota 45 yari yamaza kubona ibitego byayo bitatu, bitsinzwe na Djabel Manishimwe watsinze ku munota wa cyenda w’umukino, myugariro Prince Buregeya na we atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 40, mu gihe Gilbert Mugisha yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 45 w’umukino.

Mugisha Gilbert ari mu bafashije APR FC atsinda igitego
Mugisha Gilbert ari mu bafashije APR FC atsinda igitego

Mu gice cya kabiri Etoile del’Est yashoboraga kwishyura ibitego bibiri, dore ko ku munota wa 48 w’umukino yabonye penaliti ariko Jimmy Kibengo arayihusha, maze nyuma yaho ku munota wa 65, atsinda igitego kimwe rukumbi iyi kipe yabonye muri uwo mukino.

APR FC bishimira igitego
APR FC bishimira igitego

Etoile de l’Est yagumanye ibyago byo kumanuka mu cyiciro cya kabiri kugeza ubu, dore iri ku mwanya wa 15 ubanziriza uwanyuma n’amanota 20 mu mikino 25 imaze gukina. APR FC yo iracyari ku mwanya wa mbere n’amanota 57 ikaba kuri ubu irusha amanota 4 Kiyovu Sports ya kabiri kugeza ubu ifite amanota 53 mu gihe ariko yo itari yakina umukino w’umunsi wa 25, uteganyijwe kuba ku wa mbere tariki ya 2 Gicurasi 2022 kuri sitade Umuganda, aho izakinira n’ikipe ya Rutsiro FC.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

APRFC yange ndayikunda cyane

Damour w’ iKABARORE yanditse ku itariki ya: 2-05-2022  →  Musubize

Ikepeyanjye ndayemera kumutima wanjye nikumerezaho byose tubitware.

Samu kamonyi yanditse ku itariki ya: 2-05-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka