APR FC yakoze impanuka igiye gukina na Marine FC

Kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Mata 2022, ikipe ya APR FC yakoze impanuka iva i Shyorongi aho isanzwe ikorera imyitozo, ijya kuri sitade ya Kigali gukina umukino wo kwishyura wa 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro, icyakora abakinnyi bayo ntacyo babaye ndetse bakomeje bajya gukina.

Nta muntu iyi mpanuka yahitanye
Nta muntu iyi mpanuka yahitanye

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwannda ishami ry’umutekano wo mu muhanda, SSP René Irere, yabwiye Kigali Today ko imodoka y’ikipe ya APR FC ariyo yagonze imodoka yo mu bwoko bwa Hiace (Twegerane) itwara abagenzi yari iyiri imbere.

SSP Irere kandi yakomeje avuga ko abantu 11 bari bari mu modoka ya Hiace aribo bagize ikibazo abaganga bavuze ko kidakanganye, ariko biba ngombwa ko bajyanwa kwa muganga bakitabwaho.

Abakinnyi ba APR FC nta wagize ikibazo
Abakinnyi ba APR FC nta wagize ikibazo

Ikipe APR FC yakoze impanuka nta mukinnyi cyangwa undi wese wari mu modoka yayo wagize ikibazo ndetse uyu mukino wo kwishyura mu Gikombe cy’Amahoro wagombaga kuyihuza na Marine FC kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo, ntibyawubujije kuba dore ko watangiye saa cyenda zuzuye nk’uko byari biteganyijwe.

Imodoka ya Hiace yangiritse cyane
Imodoka ya Hiace yangiritse cyane
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Imana ishimwe kuberako ntawaburiye ubuzima muri iyo mpanuka

Emmy yanditse ku itariki ya: 5-05-2022  →  Musubize

Ndabakund cyanee APR ndayifana birenze ibihe byiza.

munyarukumbuzi sylvestre. yanditse ku itariki ya: 13-05-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka