APR FC na AS Kigali ntibagikiniye kuri Stade Huye mu mukino wa Super Cup

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryatangaje ko umukino wa Super Cup uzahuza APR FC na AS Kigali utakibereye I Huye nk’uko byari byitezwe.

Ku cyumweru tariki 14/08/2022 hateganyijwe umukino uzwi nka Super Cup uzahuza ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona ari yo APR Fc, ndetse n’ikipe yatwaye igikombe cy’Amahoro ari yo AS Kigali.

APR FC na AS Kigali bazakinira kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
APR FC na AS Kigali bazakinira kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo

Uyu mukino mbere byari biteganyijwe ko uzabera kuri Stade Huye imaze igihe ivugururwa nk’uko byari byasabwe na CAF, gusa kugeza ubu FERWAFA yamaze kumenyesha aya makipe yombi ko uyu mukino uzabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo guhera Saa Cyenda zuzuye.

Mu mikino aya makipe yakinnye muri uyu mwaka wa 2022, AS Kigali yayitsinzemo imikino ibiri harimo uwo yayitsinde ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro, ndetse no mu mukino wa shampiyona wo kwishyura aho yayitsinze ibitego 2-0.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka