Ani Elijah ni umukinnyi mushya wa Police FC

Rutahizamu ukomoka muri Nigeria, Ani Elijah wakiniraga ikipe ya Bugesera FC yamaze kuba umukinnyi mushya wa Police FC mu gihe kingana n’imyaka ibiri iri imbere.

Ani Elijah yamaze kwerekeza muri Police FC
Ani Elijah yamaze kwerekeza muri Police FC

Mu kiganiro kihariye yagiranye na Kigali Today muri iki gitondo Umunyamabanga Mukuru w’ikipe ya Bugesera FC, Mbonigaba Silas yemeje ko uyu Munya-Nigeria w’imyaka 26 y’amavuko umwaka yari asigaje Police FC koko yamaze kuwugura mu biganiro byarangiye mu masaha y’ijoro.

Ati "Nibyo Ali Elijah wari umukinnyi wacu umwaka ushize, twari tumufite Imyaka ibiri asigaje gukina umwaka umwe, undi yari asigaranye gukina muri Bugesera FC azawukina muri Police FC twamaze kumvikana ndetse n’umukinnyi. Amasezerano yasinywe mu masaha arenga saa tanu z’ijoro."

Ani Elijah watsinze ibitego 15 muri shampiyona uretse Police FC imwegukanye, ikipe ya Bugesera FC yanagiranye ibiganiro n’andi makipe yamwifuzaga arimo Rayon Sports na APR FC ariko zitatanze ibyifuzwaga dore ko Bugesera FC yamubonyemo arenga miliyoni 20 Frw bifuzaga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka