AMAVUBI U-23 yagarutse mu Rwanda nyuma y’urugendo rutoroshye (AMAFOTO)

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 yaraye igarutse mu Rwanda aho ivuye muri Libya mu gukina umukino ubanza wo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika U-23

Ahagana ku i Saa Saba z’amanywa zo kuri iki Cyumweru ni bwo abasore bagize ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 bari bageze mu Rwanda, aho ivuye muri Libya mu gukina umukino ubanza na Libya.

AMAVUBI U-23 yageze i Kigali kuri iki Cyumweru
AMAVUBI U-23 yageze i Kigali kuri iki Cyumweru

Mu mukino ubanza aba basore b’ikipe y’u Rwanda bari banyagiwe ibitego 4-1 na Libya, ukaba wari umukino ubanza wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23.

Iyi kipe ikigera ku kibuga cy’indege cya Kanombe yahise ikomereza mu karere ka Huye, aho igomba gukinira umukino wo kwishyura uzaba kuri uyu kabiri tariki 27 Nzeri 2022 kuri Stade ya Huye guhera saa cyenda z’amanywa.

Amavubi U23 arasabwa byibura gutsinda Libya ibitego 3-0 kugira ngo ibashe gukomeza, izabasha gukomeza ikazakina na Mali kugira ngo haboneke izajya mu gikombe cya Afurika kizabera muri Maroc mu mwaka utaha wa 2023.

Aba basore batarengeje imyaka 23 bari batsinzwe ibitego 4-1 mu mukino ubanza
Aba basore batarengeje imyaka 23 bari batsinzwe ibitego 4-1 mu mukino ubanza
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka