AMAVUBI: Rafael York na Yannick Mukunzi bageze muri Maroc (AMAFOTO)

Abakinnyi babiri bakina mu gihugu cya Sweden (Yannick Mukunzi na Rafael York) bamaze kugera Agadir muri Maroc ahazabera umukino uzahuza Amavubi na Mali.

Mu gihe abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda bamwe baraye bageze muri Maroc,abandi bakinnyi bakina hanze nabo bakomeje kugera mu mujyi wa Agadir, abandi bakinnyi bakina hanze nabob amaze kuhagera.

Rafael York na Yannick Mukunzi bamaze kugera aho Amavubi acumbitse muri Maroc
Rafael York na Yannick Mukunzi bamaze kugera aho Amavubi acumbitse muri Maroc

Abahageze uyu munsi ni Mukuzni Yannick ukinira Sandvikens IF yo muri Sweden, ndetse na Rafael York ukinira AFC Eskilstuna yo mu cyiciro cya kabiri muri Sweden, kugeza ubu we ariko akaba atazakina umukino wa Mali kuko atarabona ibyangombwa.

Bakiriwe na Perezida wa Ferwafa Nizeyimana Mugabo Olivier
Bakiriwe na Perezida wa Ferwafa Nizeyimana Mugabo Olivier

Abandi bakinnyi bakina hanze baraye bahageze barimo Ngwabije Bryan Clovis, Rwatubyaye Abdul, Emmanuel Imanishimwe na Manzi Thierry, ubu utarahagera akaba ari Bizimana Djihad uza kuhagera Saa moya z’umugoroba.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka