Kimenyi Yves yagwiriye ukuboko mu myitozo ya nyuma yakozwe kuri uyu wa gatanu kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Byatumye igice cya nyuma cy’iyo myitozo atagikora, iyo mvune ikaba ishobora gutuma Bakame abanza mu Kibuga.
Dore abakinnyi 11 bashobora kubanza mu kibuga:
Umunyezamu: Ndayishimiye Eric (Bakame)
Ba myugariro: Ombolenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel , Manzi Thierry na Nsabimana Aimable
Abakina hagati: Niyonzima Olivier Sefu, Nshimiyimana Imran na Nsabimana Eric Zidane
Abataha izamu: Sugira Ernest , Iranzi Jean Claude na Haruna Niyonzima
U Rwanda rwatsinze Ethiopia mu mukino ubanza wabereye muri Ethiopia igitego 1 cya Sugira Ernest , rurakira umukino wo kwishyura ubera kuri stade ya Kigali i nyamirambo kuri uyu wa gatandatu saa cyenda n’igice (15:30).
Kwinjira kuri uyu mukino ni amafaranga 2000 ahasanzwe , 3000 rwf na 10,000 rwf mu myanya y’icyubahiro (VIP).
Uyu mukino kandi uratambuka kuri KT Radio ako kanya urimo kuba.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|