Abanyarwanda babiri batoranyijwe mu bazasifura irushanwa rya CHAN muri Algeria

Impuazamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika yatangaje urutonde rw’abasifuzi bazasifura irushanwa rya CHAN, rugaragaramo abanyarwanda batatu

Guhera tariki 08 kugera ku ya 31/01/2023 mu gihugu cya Algeria hazabera igikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN), irushanwa mbere ryagombaga kba kuva tariki 10/07 kugera tariki 01/08/2022, ariko riza kwimurirwa umwaka utaha.

N’ubwo ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” itabashije kubona itike yo kwerekeza muri aya marushanwa, mu basifuzi bazayobora iri rushanwa hagaragaramo abanyarwanda batatu.

Uwikunda Samuel ni umwe mu bazasifura hagati muri CHAN izabera muri Algeria
Uwikunda Samuel ni umwe mu bazasifura hagati muri CHAN izabera muri Algeria

Abo ni umusifuzi mpuzamahanga wo hagati Uwikunda Samuel, hakazaba harimo n’umusifuzi mpuzamahanga wo ku ruhande Mutuyimana Dieudonné. Aba kandi biyongera Umunyarwanda Ntagungira Céléstin “Abega” uzaba uri mu ba Instructors ba CAF.

Mutuyimana Dieudonné (uwa kabiri uvuye ibumoso) na Samuel Uwikunda (wa nyuma uvuye ibumoso) basanzwe ari abasifuzi mpuzamahanga
Mutuyimana Dieudonné (uwa kabiri uvuye ibumoso) na Samuel Uwikunda (wa nyuma uvuye ibumoso) basanzwe ari abasifuzi mpuzamahanga

Urutonde rw’abasifuzi batoranyijwe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka