Ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 31/07, ni bwo rutahizamu Jacques Tuyisenge yasinye amasezerano y’umwaka umwe mu ikipe ya AS Kigali, inkuru yabaye nk’itungurana nyuma y’aho yari mu biganiro na Police FC yahoze akinira.
- Jacques Tuyisenge yatangiye imyitozo muri AS Kigali
Kuri uyu wa Mbere hamwe n’abandi bakinnyi bashya iyi kipe iheruka gusinyisha, bakoranye imyitozo na bagenzi babo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, aho bari gutegura imikino ya shampiyona iteganyijwe gutangira tariki 19/08/2022.
Usibye shampiyona kandi, AS Kigali iri gutegura umukino w’igikombe kiruta ibindi “SUPER CUP” uzabera kuri Stade Huye tariki 14/08/2022, ndetse n’imikino ya CAF Confederation Cup aho izaba ihagarariye u Rwanda.
Usibye Jacques Tuyisenge abandi bakinnyi yasinyishije bashya baturuka hanze barimo myugariro ukomoka Uganda Satulo Edward wakiniraga Wakiso Giants, Umunya-Kenya Ochieng Lawrence Juma ukina mu kibuga hagati, ndetse na n’umunyezamu Otinda Frederick Odhiambo wakiniye Wazito FC na Gor Mahia muri Kenya.

Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|