Abakinnyi bashya barimo Jacques Tuyisenge batangiye imyitozo muri AS Kigali

Abakinnyi bashya ikipe ya AS Kigali iheruka gusinyisha, batangiye imyitozo irimo gutegura shampiyona ndetse na CAF Confederation Cup

Ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 31/07, ni bwo rutahizamu Jacques Tuyisenge yasinye amasezerano y’umwaka umwe mu ikipe ya AS Kigali, inkuru yabaye nk’itungurana nyuma y’aho yari mu biganiro na Police FC yahoze akinira.

Jacques Tuyisenge yatangiye imyitozo muri AS Kigali
Jacques Tuyisenge yatangiye imyitozo muri AS Kigali

Kuri uyu wa Mbere hamwe n’abandi bakinnyi bashya iyi kipe iheruka gusinyisha, bakoranye imyitozo na bagenzi babo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, aho bari gutegura imikino ya shampiyona iteganyijwe gutangira tariki 19/08/2022.

Usibye shampiyona kandi, AS Kigali iri gutegura umukino w’igikombe kiruta ibindi “SUPER CUP” uzabera kuri Stade Huye tariki 14/08/2022, ndetse n’imikino ya CAF Confederation Cup aho izaba ihagarariye u Rwanda.

Usibye Jacques Tuyisenge abandi bakinnyi yasinyishije bashya baturuka hanze barimo myugariro ukomoka Uganda Satulo Edward wakiniraga Wakiso Giants, Umunya-Kenya Ochieng Lawrence Juma ukina mu kibuga hagati, ndetse na n’umunyezamu Otinda Frederick Odhiambo wakiniye Wazito FC na Gor Mahia muri Kenya.

Umunyezamu mushya wa AS Kigali Otinda Fredrick Odhiambo
Umunyezamu mushya wa AS Kigali Otinda Fredrick Odhiambo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka